Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Magufuli Yasabye Abaturage Kongera Gusenga Ngo Imana Ibakize COVID
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Magufuli Yasabye Abaturage Kongera Gusenga Ngo Imana Ibakize COVID

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2021 1:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida John Magufuli wa Tanzania yasabye ko haba indi minsi itatu yo gusenga no kwiyiriza basaba Imana kubakiza coronavirus ivugwa bushya muri iki gihugu.

Mu ijambo rye mu gushyingura umunyamabanga we John Kijazi, wari kandi umunyabanga wa leta ya Tanzania, Magufuli yasabye abaturage kudatakaza ikizere ku Mana.

Mu kwezi kwa gatandatu umwaka ushize, Magufuli yatangaje iminsi itatu y’amasengesho, nyuma y’igihe gito yatangaje ko coronavirus itakiri muri Tanzania.

Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, hari impungenge ko inkubiri ya kabiri ya Covid ivuza ubuhuha muri Tanzania, abakuriye amadini amwe muri Tanzania basabye rubanda kwirinda iki cyorezo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri iki cyumweru, Seif Sharif Hamad visi perezida wa Zanzibar, ikirwa cya Tanzania gifite ubwigenge bucagase, yarapfuye.

Hari hashize ibyumweru bitatu ubwe atangaje ko yanduye coronavirus.

Perezida Magufuli mu ijambo rye uyu munsi yavuze ko atazashyiraho amabwiriza ategeka abantu kuguma mu rugo, ahubwo agira inama abantu izindi ngamba zose zo kwirinda.

Minisiteri y’ubuzima muri iki gihugu yatangaje ko itazatera abaturage urukingo rwa coronavirus nyuma y’uko Magufuli arukemanze.

Ivomo: BBC

- Advertisement -
TAGGED:BBCCoronavirusfeaturedMagufuliMinisiteriTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Martin Fayulu Aravugwaho Kubiba Urwango Ku Banyarwanda
Next Article Video: Museveni Yabwiye Abahagarariye Ibihugu by’i Burayi Ijambo Rirabarakaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?