Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Malala Yousafzai Yashatse Umugabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Malala Yousafzai Yashatse Umugabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2021 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi mpirimbanyi ya Politiki ikomoka muri Pakistan yatangarije kuri Instagram ko yashatse umugabo, ubu ari umugore nk’abandi. Yamamaye ku isi ndetse ahabwa igihembo cya Nobel cy’umuntu waharaniwe amahoro kurusha abandi akiri muto nyuma yo guharanira ko abakobwa bo muri kiriya gihugu bajya kwiga nka basaza babo.

Ku myaka 24 y’amavuko Yousafzai, 24 nibwo uyu mukobwa wigeze no kuraswa azizwa guharanira uburenganzira bwa bagenzi be yarongowe.

Igitangaje ni uko hari hashize igihe gito atangarije ikinyamakuru Vogue cyo mu Bwongereza ko atizeye niba azigera ashaka umugabo.

Umugabo we yitwa Asser.

Malala yashakanye na Asser

Umuhango wo kwishimira ubukwe bwabo warabereye i Birmingham bari kumwe n’abo mu muryango wabo.

Ababyeyi ba Yousaffzai aribo  Ziauddin na  Toor Pekai Yousafzai nabo batangaje ko bashimishijwe n’uko umukobwa wabo arongowe n’umusore bakundanye mu gihe kirekire.

Yousaffzai avuga ko n’ubwo mbere nta mugambi wo gushaka yari afite, ariko yaje kuva ku izima nyuma y’uko Nyina amubwiye ko  gushaka ari byiza, ko ari umugisha.

Hari abahungu bo muri Pakistan bamwandikiraga amabaruwa menshi bamusaba umubano.

Malala Yousafzai aracyaharanira ko abakobwa bahabwa uburenganzira mu nzego zitandukanye harimo no kwiga bakaminuza.

Muri iki gihe ari guharanira ko Abatalibani bayobora Afghanistan muri iki gihe baha abakobwa uburenganzira bwo kwiga no gukora imirimo ya Leta nk’uko bimeze kuri basaza babo.

Uyu mukobwa[ubu yabaye umugore] tariki 13, Nyakanga, 2016 yasuye u Rwanda aganira na Perezida Paul Kagame hamwe na Madamu we Jeannette Kagame.

Malala mu mwaka wa 2016 yasuye u Rwanda abonana na Perezida Kagame

Icyo gihe Malala yari ari mu Rwanda mu  ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Mu ruzinduko rwe yasuye inkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, aganira n’impunzi z’Abarundi zahabaga.

Icyo gihe iriya nkambi yabagamo impunzi 74,000.

TAGGED:featuredKagameNobelPakistanUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Ya Ethiopia Yafunze Abakozi Ba UN
Next Article Mu Rwanda Hadutse Ubundi Buryo Bwo Kwiga Hakoreshejwe Iyakure
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?