Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Malawi: Abantu 225 Bahitanywe N’Inkubi Yiswe Freddy
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Malawi: Abantu 225 Bahitanywe N’Inkubi Yiswe Freddy

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2023 8:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Le nombre de victimes du cyclone au Malawi a presque doublé.
SHARE

Agahinda n’ihahamuka ni byose muri Malawi nyuma y’uko inkubi yiswe Freddy ihitanye abantu bamaze kubarirwa muri 225.

Iyi nkubi yatangiye guhuha muri Malawi na Mozambique mu ntangiriro z’Icyumweru kiri kurangira.

Ibipimo by’ibyuma bipima iteganyagihe byavugaga ko iriya nkubi yatangiye kwisuganyiriza mu kirere cya Australia, ihahagurukana imbaduko ikomeye, iza igana muri Mozambique no muri Malawi.

Muri Malawi ho yihigirije nkana kubera ko yashenye byinshi, amashanyarazi arabura, amazi meza biba uko, ndetse n’imiti irabura.

Ibiti n’inyubako zimwe na zimwe byagwiriye abaturage, abandi bararohama kubera kurengerwa n’umwuzure.

Hejuru y’ibi hari n’abahitanywe n’indwara zituruka ku mwanda watewe n’uko amazi yanduye zirimo impiswi na macinya myambi.

Ibarura ryakozwe n’inzego z’ubuzima rivuga ko abantu 225 aribo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’ingaruka z’inkubi yFreddy.

Abenshi mu bahitanye na kiriya kiza ni abo mu Murwa mukuru Lilongwe.

Ubuyobozi bukuru bwa Malawi buratabaza amahanga ngo abube hafi kubera ko ibyago byabagwiririye bisa  n’ibirenze ubushobozi bw’igihugu mu kubyikuramo.

Aho inkubi Freddy yabareye ikibazo ni uko igenda ariko ikongera ikagaruka.

Ubusanzwe byari bimenyerewe ko inkubi nk’iriya, iza agaca ahantu igasenya ibyo isenya ikagenda igiye.

Freddy yo imaze kugaruka muri Malawi inshuro ebyiri kandi uko ije niko isiga yoretse ibintu.

Perezida wa Malawi witwa Lazarus Chakwera yatangije icyunamo cy’iminsi 14 mu rwego rwo kuzirikana abahitanywe n’iriya nkubi.

Guverinoma ya Malawi yasohoye miliyari 1.6 by’amafaranga ya Malawi yitwa Kwacha angana na miliyoni $ 1.5 yo gufasha mu gusana ibyangijwe n’iriya nkubi.

Ibikorwa byo gutabara birakomeje ariko hari imbogamizi zo kugera ku bantu bakeneye ubutabazi bitewe n’uko ibikorwaremezo byasenyutse henshi mu gihugu.

Inkangu zafunze imihanda myinshi.

Malawi ni igihugu gito gikikijwe na Mozambique mbere y’uko ugera ku nyanja y’Abahinde

 

TAGGED:featuredInkubiMalawiPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bakomeje Gushimirwa Ku Kazi Bakorera Imahanga
Next Article Ruhango: Umubiri W’Umuntu Umaze Imyaka 9 Ku Biro By’Akagari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?