Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Malawi Ntizemera Kuba Indiri Y’Abakora Iterabwoba- IGP Wa Malawi Abwira Uw’U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Malawi Ntizemera Kuba Indiri Y’Abakora Iterabwoba- IGP Wa Malawi Abwira Uw’U Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2021 5:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo Komiseri Mukuru wa Polisi ya Malawi IGP Dr George Kainja yakiraga mugenzi we wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza ubwo yari yasuye ishuri rikuru rya Polisi ya Malawi, yamubwiye ko igihugu cye kitazemera kuba indiri y’iterabwoba mu karere giherereyemo.

Iyo urebye imiterere ya Malawi ku ikarita y’Isi, usaga ari igihugu gisesetse muri Mazambique uturutse mu Majyaruguru yayo.

Mozambique niyo ifatwa muri iki gihe nk’ihuriro ry’abarwanyi b’umutwe wa Al Qaeda muri Afurika, ndetse muri iki gihe basa n’abigaruriye Intara ya Cabo Delgado iri mu Burasirazuba bushyira Amajyaruguru y’iki gihugu gikora ku Nyanja y’Abahinde.

Amajyepfo ya Malawi asesetse mu Majyaruguru ya Mozambique k’uburyo usanga Malawi iri hafi kugera rwagati muri Mozambique.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko ikiyaga  cya Nyasa gikora kuri ibi bihugu byombi gishobora kuba icyambu abagizi ba nabi bakoresha bava muri Mozambique bambuka bagana mu Ntara za Malawi zirimo Mangochi, Chipoka, Salima, Ntchisi, Mzuzu ndetse bakaba bagera no mu Murwa mukuru  wa Malawi witwa Lilongwe.

Izindi nzira zica ku butaka zihuza Mozambique na Malawi ni umuhanga uva ahitwa Muloza, ukagera ahitwa Mocuba muri Mozambique, undi ukava Nayuchi na Chiponde ukagera muri Mozambique ahitwa Cuamba.

Imodoka zitwara abagenzi kandi zishobora kuva  ahitwa Blantyre zigaca Mulanje zikagera Muloza. Zivuye muri Muloza zigera ku mupaka wa Mozambique nyuma y’urugendo rw’ikilometero kimwe n’igice ukagera ahitwa Milange.

Ubishatse wava muri aka gace, ugakomeza muri Mozambique mu bice bya Mocuba, Quelimana na Nampula.

Ahandi hantu hahuza Mozambique na Malawi ni mu bice bya Cuamba, Mangochi na Chiponde

- Advertisement -

Ushobora no guca ahitwa Liwonde ukagera Nayuchi ugatunguka Cuamba.

Malawi itirinze yaba icyambu cy’abakora iterabwoba mu gace iherereyemo

Mu magambo avunaguye, imiterere ya Mozambique na Malawi ituma abagizi ba nabi bari mu gihugu kimwe baba bashobora kwinjira mu kindi haramutse hatabayeho uburyo buhamye bwo kubakumira.

Kubera izi mpamvu, birumvikana ko Polisi ya Malawi n’ingabo zayo batabaye maso igihugu cyabo gishobora kuba icyambu cy’abarwanyi ba Al Qaeda bakoresha bahungabanya n’ahandi muri Afurika nko muri Tanzania, igihugu cy’inshuti y’u Rwanda kandi k’igituranyi.

Ubwo Komiseri Mukuru wa Polisi ya Malawi yagezaga ijambo kuri mugenzi we uyobora iy’u Rwanda uri yo mu ruzinduko rw’Icyumweru, yagize ati:

“Leta ya Malawi muri rusange  by’umwihariko Polisi  ya Malawi tuzakora ibishoboka byose n’imbaraga zose  kugira ngo dushyigikire ko iriya mitwe itsindwa. Byongeye kandi inzego z’umutekano za hano zikorana  bya hafi kugira ngo igihugu cyacu kitazakoreshwa mu buryo ubwo aribwo bwose mu guhungabanya umutekano wo mu Karere.”

IGP Dan  Munyuza uyobora Polisi y’u Rwanda yavuze ko Polisi z’ibihugu byombi hari intambwe zimaze gutera harimo kuba bahura bakagirana ibiganiro, bagahanahana amakuru, urwego rumwe rukagira icyo rwigira ku rundi kandi bagasangira ubunararibonye  kugira ngo bahurize hamwe mu gucyemura ibibazo by’umutekano.

Yagize ati:” Iyo urebeye hamwe ibibazo by’umutekano byugarije isi  n’akarere duherereyemo, usanga ari ngombwa guha agaciro ingufu Malawi ishyira mu gukorana n’ibindi bihugu mu gushaka umuti urambye w’imbogagamizi ku mutekano mu karere n’ahandi. U Rwanda rwifatanije na Malawi ndetse n’ibindi bihugu bya Africa mu gukemura ibibazo by’umutekano muke uturuka ku mitwe itemewe iri ku mugabane wa Africa  by’umwihariko imitwe y’intagondwa.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza akomeje uruzinduko rw’akazi  muri Malawi.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Nyakanga yasuye ishuri rikuru rya Polisi ya Malawi rya Zomba riherereye mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Yasuye ishuri rikuru rya Polisi ya Malawi riri i  Zomba  mu Burasirazuba bw’iki gihugu

Tariki ya 27 Nyakanga, 2021 yari yasuye  igice cy’Amajyepfo ashyira  i Burengerazuba bw’igihugu ahari  ikicaro cya Polisi  mu Ntara ya Blantyre .

Muri Werurwe 2019 izi nzego zombi  zasinyanye amasezerano y’ubufatanye, amasezerano yasinyiwe mu murwa mukuru w’iki gihugu, Lilongwe.

Akubiyemo ubufatanye mu bintu bitandukanye nko guhanahana amahugurwa, gufatanya mu  bikorwa, gushaka no guhererekanya abanyabyaha, kurwanya iterabwoba, kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, guhanahana amakuru ajyanye n’abanyabyaha bahungira mu bihugu byombi ndetse no guhanahana amakuru ajyanye n’umutekano muri rusange.

TAGGED:Al QaedaCabo DelgadofeaturedIGPIterabwobaMalawiMunyuzaPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuyobozi Bw’Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal Bwongewemo Amaraso Mashya
Next Article Umushinwa ‘Yongeye’ Guca Agahigo Mu Baterura Ibiremereye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?