Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Manchester United Yirukanye Umutoza Ole Gunnar Solskjær
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Manchester United Yirukanye Umutoza Ole Gunnar Solskjær

admin
Last updated: 21 November 2021 8:02 pm
admin
Share
SHARE

Manchester United yirukanye Ole Gunnar Solskjær wayitozaga kuva mu 2018, azira umusaruro mubi.

Asezerewe nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu Manchester United yanyagiwe na Watford ibitego 4-1, umukino kapiteni wayo Harry Maguire yabonyemo ikarita itukura.

Nyuma y’uwo mukino inama y’ubutegetsi ya Manchester United yahise iterana igitaraganya, ari nayo yemeje ko umutoza agomba kwirukanwa.

Solskjær w’imyaka 48 amaze iminsi ku gitutu, cyabaye cyinshi cyane ubwo ikipe ye yatsindwaga ibitego 5-0 na Liverpool, hagakurikiraho Manchester City yayitsinze 2-0 kandi iyirusha bigaragara.

Manchester United can confirm that Ole Gunnar Solskjaer has left his role as Manager.

Thank you for everything, Ole ❤️#MUFC

— Manchester United (@ManUtd) November 21, 2021

Solskjær asize Manchester United ku mwanya karindwi, irushwa na Chelsea iri ku mwanya wa mbere amanota 12. Mu mikino itanu iheruka yatsinzwe ine, itsinda umwe.

Uretse ibyo, ikipe ye yari imaze imikino 12 muri Premier League yitwara nabi, aho yinjijwemo ibitemo 21; ari nabyo byinshi yatsinzwe kugeza ku rwego nk’urwo muri iri rushanwa.

Solskjær yatangiye gutoza iyi kipe by’agateganyo mu Ukuboza 2018, asimbuye Jose Mourinho wari wirukanywe.

Yaje kuyifasha gutsinda imikino umunani yikurikiranya, ku buryo mu mikino 19 yaje gutsindamo 14, anganya ibiri, abona amanota menshi kurusha izindi kipe bari bahanganye urebye ku mikino yatoje muri uwo mwaka w’imikino.

Byatumye Manchester United imuha amasezerano nk’umutoza mukuru muri Werurwe 2019.

Icyo gihe yasinye imyaka itatu, ndetse muri Kamena 2021 ayo masezerano yaje kongerwa aho yagombaga kurangira mu 2024, ndetse yashoboraga kongerwaho undi mwaka umwe.

Nubwo iyi kipe yaje kongerwamo amaraso mashya mu mpeshyi binyuze mu bakinnyi nka Cristiano Ronaldo, Jadon Sancho na Raphael Varane, yatangiye gutsindwa ku buryo bukomeye.

Bibarwa ko nyuma yo kwirukanwa, Solskjaer agomba kwishyurwa miliyoni £7.5 (miliyari 10.4 Frw) kubera ko agiye agifite amasezerano.

Uretse gutozaManchester United, yanayitsindiye ibitego 126 mu mikino 366 yayikiniye nka rutahizamu hagati ya 1996 na 2007.

Manchester United yatangaje iti “Ole azahora ari umunyabigwi muri Manchester United kandi tubabajwe no kuba twageze kuri uyu mwanzuro ugoye. Nubwo ibyumweru bishize byari bigoye, ntabwo byasibanganya akazi kose yakoze mu myaka itatu ishize ko kongera kubaka umusingi wo kubakiraho mu gihe kirambye.”

Byemejwe ko ikipe itozwa by’agateganyo na Michael Carrick wari umwungirije, mu gihe hagishakishwa umutoza mukuru.

Ni mu gihe Manchester United irimo kwitegura imikino irimo uwa Villareal ku wa Kabiri muri UEFA Champions League na Chelsea ku wa Gatandatu muri Premier League.

Abahabwa amahirwe yo gutoza iyi kipe mu gihe kiri imbere ni Zinedine Zidane watoje Real Madrid, Brendan Rodgers utoza Leicester City, Mauricio Pochettino utoza Paris Saint Germain na Erik ten Hag utoza Ajax yo mu Buholandi.

TAGGED:Manchester UnitedOle Gunnar SolskjærPremier League
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuzima Yakuriyemo Bwatumye Abwandikaho Igitabo
Next Article Perezida Kagame Yakomoje Ku Bibazo By’Ifungwa Ry’Umupaka Wa Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?