Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mashami Yasinye Amasezerano Y’Umwaka Umwe Nk’Umutoza Mukuru W’Amavubi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Mashami Yasinye Amasezerano Y’Umwaka Umwe Nk’Umutoza Mukuru W’Amavubi

Last updated: 03 March 2021 6:29 pm
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryemeje ko Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe nk’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi.

Mashami umaze imyaka ibiri n’igice atoza iyi kipe, yasabwe kugira uruhare mu iterambere ry’umupira w’amaguru haba mu kibuga no hanze yacyo no kubaka mu ikipe y’igihugu imyumvire yo guharanira gutsinda.

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Uwayezu François Regis yavuze ko mu gihe Mashami amaze atoza Amavubi yazamuye imikinire yayo, ku buryo hari byinshi ashobora gutangamo umusanzu.

Yakomeje ati “Yasabwe mbere na mbere kugeza ikipe y’igihugu mu mikino ya nyuma yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cyo mu mwaka wa 2022.”

Mashami yavuze ko afite inshingano zitoroshye zo gukomeza guteza imbere ikipe y’igihugu, ashimishwa n’imirimo yemerewe gukomeza.

Yakomeje ati “Ntewe ishema n’icyizere nagiriwe na FERWAFA na Minisiteri ya Siporo; kandi gushyigikirwa bigeze aha ni cyo kintu umutoza wese yakwifuza.”

Biteganyijwe ko Mashami mu minsi mike azahamagara ikipe izitabira imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu u Rwanda ruzakinamo na Mozambique ku wa 24 Werurwe na Cameroon ku wa 30 Werurwe.

Mashami atoza Ikipe y’Igihugu kuva muri Kanama 2018 ubwo yasimburaga Antoine Hey. Nta muntu bari bahataniye umwanya kuri iyi nshuro.

Kuva icyo gihe yatoje imikino 23 atsinda itanu, anganya 11 mu gihe yatsinzwe irindwi.

Aheruka gufasha ikipe y’igihugu kugera muri kimwe cya kane cy’irushanwa nyafurika rigizwe n’abakina muri za shampiyona z’imbere mu bihugu, CHAN, ryabereye muri Cameroon.

TAGGED:AmavubifeaturedMashami Vincent
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr Nsanzabaganwa Yasigiye Inshingano Rwangombwa
Next Article Urukiko Rwanze Gufungura ‘Ba Jenerali’ Babiri Ba FLN Bareganwa Na Rusesabagina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?