Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Massamba na Melodie Bagiye Gukorera Indirimbo Muri Norvège
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Massamba na Melodie Bagiye Gukorera Indirimbo Muri Norvège

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2022 12:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu Intore Massamba na Bruce Melodie bazataramira Abanyarwanda baba muri Norvège n’inshuti zabo.

Hagati aho ariko hari gahunda y’uko buri wese muri bo ari bukorere indirimbo mu bwato buri bubatembereze mu mazi akikije Norway.

Massamba yabwiye Taarifa ko ariko  we  by’umwihariko hari Kaminuza ari butange ikiganiro kivuga ku bihangano bya muzika gakondo.

Ati: “ Hari Kaminuza uyu munsi ndi bujyemo gusobanura ibijyanye n’umuziki gakondo ariko ejo njye na Melodie tuzajya gutaramira abantu.”

Melodie na Massamba muri Norway

Massamba avuga ko Abanyarwanda batumiwe muri kiriya gitaramo ni ababa mu bihugu bigize iktwa Scandinavia ni ukuvuga Denmark, Norway, Sweden, Finland, Iceland n’ibirwa byitwa Faroe Islands, Greenland na  Åland.

Ku rundi ruhande, Massamba avuga ko we na Melodie bari bukorerwe indirimbo n’abanyeshuri biga ibyo gutunganya umuziki.

Yatubwiye ko hari imikoranire iteganyijwe hagati ya bamwe mu bahanzi b’Abanyarwanda n’abakora umuziki muri Norway kugira ngo bajye bafasha abahanzi b’Abanyarwanda gukora neza indirimbo.

Intore Massamba ivuga ko ibyo we na Melodie bagiye gukorera muri Norway bazabifashwamo na Ambasade y’u Rwanda muri biriya bice.

Norway: Igihugu kiri mu bifite abantu babayeho neza cyane…

Norway: Igihugu kiri mu bifite abantu babayeho neza cyane…

Norway, kizwi cyane ku bwami bwa Norway, ni igihugu giherereye mu Majyaruguru y’Isi, ku mpera.

Umurwa mukuru wacyo ukaba n’umujyi munini ni Oslo

Kiri ku buso bwa kilometero kare 385,207, kigaturwa n’abaturage 5,425,270 nk’uko imibare yo muri Mutarama, 2022 ibyemeza.

Norway ituranye na Sweden na Finland ndetse n’u Burusiya.

Ikora ndetse no ku Bwongereza ndetse na Denmark.

Iki gihugu muri iyi minsi kiyobirwa n’umwami witwa Havald V.

Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu yitwa Jonas Gahr Støre.

Yatangiye izi nshingano mu mwaka wa 2021.

Iki gihugu ni icya mbere ku isi gifite abaturage binjiza amafaranga menshi kandi bafite imibereho iboneye kurusha ahandi ku isi.

Byemezwa na raporo zirimo iyitwa Human Development Index.

Ni nacyo gihugu kibamo uburinganire kurusha ibindi ku isi nk’uko byatangajwe mu mwaka wa 2017  muri raporo yiswe World Happiness Report.

Muri macye Norway ni igihugu cy’amahoro n’amajyambere bisesuye.

TAGGED:DenmarkfeaturedIgitaramo featuredMassambaMelodie
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MTN Rwandacell PLC Ikomeje Kunguka No Kuzamura Imikoranire N’Abakiliya
Next Article RIB Ivugwaho Kudakurikirana Bamwe Mubibasira Abandi Kuri Twitter
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?