Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MasterCard Mu Rwanda Yishimira Uruhare Igira Mu Bumenyi Bw’Abakora Mu Bukerarugendo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

MasterCard Mu Rwanda Yishimira Uruhare Igira Mu Bumenyi Bw’Abakora Mu Bukerarugendo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2022 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa MasterCard Foundation mu Rwanda  buvuga ko mu mishinga  ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda bakora, harimo n’uwo imaze igihe ibafashamo, uwo ukaba ari ukubakira ubushobozi mu nzego zirimo n’ubukerarugendo.

Byatangajwe na Madamu Rica Rwigamba uyobora MasterCard Foundation mu Rwanda.

Hari mu musangiro waraye uhuje abayobozi b’iki kigo n’abayobora Banki yitwa I&M Bank ishami ry’u Rwanda bari bayobowe n’Umuyobozi wayo witwa Robin Bairstow.

Ni umusangiro witabiriwe kandi n’abandi bakora mu rwego rw’imari barimo Umuyobozi w’Ikigo gihuza ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda witwa Alice Nkulikiyinka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iki kigo kitwa Business Professionals Network, BPN-Rwanda.

Hari n’umuyobozi w’Ishami ry’abikorera ku giti cyabo ryita ku bukerarugendo witwa Frank Gisha.

Mu ijambo rye, Rica Rwigamba avuga ko imibare yerekana ko mu Rwanda hari ba rwiyemezamirimo 307 bashoye mu rwego rw’ubukerarugendo, muribo ab’igitsina gore bakaba abantu 76.

Yishimira ko abo ba rwiyemezamirimo bahawe ubumenyi na I&M Bank Rwanda kandi ko ayo masomo atabaye amasigarakicaro.

Ngo muri iki gihe biteguye gushora mu bukerarugendo cyane cyane ko buri kuzanzamuka kubera ko n’icyorezo COVID-19  cyagenjeje make.

- Advertisement -

Rica Rwigamba ashima kandi ko mu gihe ibigo bitanga serivisi z’ubukerarugendo byegeraga I&M Bank ngo ibyunganire mu bihe bikomeye byatewe na COVID-19,  itazuyaje kubafasha ndetse ngo yatanze Miliyari Frw 1.5 ngo izafasha abantu 43 bakora muri uru rwego kuzanzamura ubucuruzi bwabo.

Ati: “ Bwabaye ubufasha bwiza mu ukuzahura ubukungu bwari bugeze aharindimuka muri  bihe bigoye biheruka mu mateka ya vuba aha y’u Rwanda n’isi muri rusange.”

Avuga kandi ko hari imishinga mito n’iciriritse igera ku 100 yatewe inkunga na I&M Bank Rwanda muri yo igera kuri 30 ikaba ari iy’abagore.

Ni inkunga yatanzwe mu kiswe ‘Hanga Ahazaza Initiative.’

Amafaranga yahawe iriya mishinga 100 yose hamwe angana na Miliyari Frw 9.

Rica Rwigamba nk’umuyobozi wa Mastercard Foundation ishami ry’u Rwanda avuga ko biyemeje gukomeza gutanga ubumenyi ku bashaka guhanga ubucuruzi bushingiye ku bukerarugendo.

Avuga ko babikora bizeye neza ko amasomo batanga azafasha abayahabwa kugira icyo bigezaho binyuze mu gushora imari ahakwiye kandi hatabayeho gutagaguza amafaranga.

Rwigamba avuga ko iyi myumvire MasterCard Foundation Rwanda iyisangiye n’abafatanyabikorwa bayo bagera kuri 13 bakorana mu rugendo rwo guteza imbere ubukungu bushingiye ku bukerarugendo.

Yarangije ijambo rye asaba abakora mu rwego rw’ubukerarugendo gukomeza gukorana bya hafi n’urubyiruko n’abandi bashoramari kugira ngo mu rugendo batangiye batazagira igituma batsikira.

TAGGED:MastercardRwigambaUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Nteko Ishinga Amategeko Y’u Rwanda ‘Haravugwa’ Ruswa Y’Igitsina
Next Article Umusaruro W’Ibyuya Wabize Niwo Ukubyibushya Ibondo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?