Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mbere Y’Uko Gisupusupu Afatwa ‘Yatanze’ Ruswa Barayanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mbere Y’Uko Gisupusupu Afatwa ‘Yatanze’ Ruswa Barayanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2021 2:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi François Nsengiyumva wamamaye nka Gisupusupu ejo nibwo byatangajwe ko yafashwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha birimo icyo gusambanya ku gahato umwana w’imyaka 13.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 30, Kamena, 2021 ubugenzacyaha bwabwiye Taarifa ko uriya muhanzi yakoze ibyaha akurikiranyweho tariki 18, Kamena, 2021, abikorera mu Mudugudu wa Rubaya, Akagari ka Rubona, Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo.

Mbere y’uko afatwa byagenze gute?

Umwe mu rubyiruko rw’abakorera bushake mu Karere ka Kayonza utashatse ko dutangaza amazina ye yatubwiye ko uriya muhanzi yamaze kumenya ko ari gushakishwa n’ubugenzacyaha, ahungira mu Karere ka Kayonza gaturanye na Gatsibo.

Ejo hashize ahagana saa munani z’amanywa, Nsengiyumva uzwi nka Gisupusupu yihuye na bamwe mu rubyiruko rw’abakorera bushake mu gukumira ibyaha bakorera mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza abonye ko bamumenye akeka ko bamenye ko akurikiranwa abaha Frw 30 000 ngo bamureke yigendere.

Yakoreye icyaha muri Kiramuruzi( Gatsibo) afatirwa i Rukara( Kayonza)

Uwaduhaye amakuru yatubwiye ko we na bagenzi be babyanze, uriya muhanzi ashaka kubarwanya baramufata, bahamagara Polisi, hanyuma ubuyobozi bwa Polisi bubasaba ko bamugumana, nibwo Polisi n’abakozi ba RIB bamutaga muri yombi.

Ikindi yatubwiye ni uko yabanje guterana amagambo nabo ndetse ashaka ‘kubafata mu mashati.’

TAGGED:featuredGisupusupuUbushakeUmurengeUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarwara Malaria Baracyari Benshi Mu Rwanda
Next Article Hahishuwe Uburyo Utubyiniro Tubiri n’Ibirori Byakongeje COVID Muri Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?