Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mbonimana Weguye Mu Nteko Kubera Umusemburo Arifuza Umwanya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mbonimana Weguye Mu Nteko Kubera Umusemburo Arifuza Umwanya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2024 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Mbonimana Gamariel wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, nyuma akaza kwegura kubera ikosa ryo gutwara imodoka yasinze avuga hagize undi mahirwe ahabwa mu buyobozi yayakirana yombi.

Avuga ko ubukangurambaga amaze mo iminsi bwo kubuza abantu kubatwa n’inzoga, atari amaco yo kubona umwanya wa Politiki ahubwo ari umusanzu we mu kubaka Abanyarwanda bafite ubuzima bwiza.

Asigaye agaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bindi bikorwa bitandukanye atanga ubutumwa bushishikariza abantu kurangwa n’imyitwarire izira ubusinzi.

Hagati aho kandi, muri iki gihe, agaragaza ko azashyigikira Perezida Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe taliki 15 Nyakanga, 2024.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Twabamenyesha ko asanzwe aba mu ishyaka PL.

Dr. Gamariel Mbonimana yabwiye Kigali Today ati: “Nubwo mbarizwa mu ishyaka rya PL mfite uburenganzira bwo kuba nashyigikira Perezida wa Repubulika ku mukandida wo kuyobora u Rwanda cyane ko ishyaka mbarizwamo ritambuza kubikora kuko ubwaryo ari Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri muntu (PL) gusa ku kibazo mwambajije cyo kuba nshaka ko nahabwa inshingano, ntabwo nazanga baramutse bongeye kungirira icyizere nk’uko nabivuze ubwo namurikaga igitabo mperutse gusohora”.

Yashinze ihuriro yise SOBER Club rifite intego yo gushishikariza abantu kubaho mu buzima bufite intego kandi butishora mu businzi no mu biyobyabwenge cyane ku rubyiruko.

Dr Mbonimana yavuze ko igihe icyo ari cyo cyose yakongera kugirirwa icyizere agahabwa inshingano mu buyobozi yabyemera kandi akazikora neza.

Avuga ko  kuva yagwa mu ikosa no gusezera mu nshingano ze kubera ubusinzi, yahise afata icyemezo cyo kureka inzoga burundu ndetse afata n’umwanzuro wo gushishikariza abandi kuzireka.

- Advertisement -

Nyuma y’aho yaje gusohora igitabo gikubiyemo inyigisho zifasha abandi kubaho mu bushishozi bwabo birinda ubusinzi.

Yakise  ‘Imbaraga z’Ubushishozi’ kigamije kurwanya ibiyobyabwenge ashingiye ku mateka yanyuzemo.

Nyuma yo gusezera ku nshingano ze mu Nteko Ishinga Amategeko, ubu Dr Mbonimana asigaye ari umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi muri East African University.

TAGGED:featuredGamarieligitaboInshinganoKaminuzaMbonimanaUbusinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Yaketse Ko Yishe Murumuna We, Ariyahura
Next Article Abapolisikazi Bari Guhugurwa Ku By’Ubutumwa Bw’Amahoro Bazoherezwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?