Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mbonimana Weguye Mu Nteko Kubera Umusemburo Arifuza Umwanya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mbonimana Weguye Mu Nteko Kubera Umusemburo Arifuza Umwanya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2024 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Mbonimana Gamariel wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, nyuma akaza kwegura kubera ikosa ryo gutwara imodoka yasinze avuga hagize undi mahirwe ahabwa mu buyobozi yayakirana yombi.

Avuga ko ubukangurambaga amaze mo iminsi bwo kubuza abantu kubatwa n’inzoga, atari amaco yo kubona umwanya wa Politiki ahubwo ari umusanzu we mu kubaka Abanyarwanda bafite ubuzima bwiza.

Asigaye agaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bindi bikorwa bitandukanye atanga ubutumwa bushishikariza abantu kurangwa n’imyitwarire izira ubusinzi.

Hagati aho kandi, muri iki gihe, agaragaza ko azashyigikira Perezida Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe taliki 15 Nyakanga, 2024.

Twabamenyesha ko asanzwe aba mu ishyaka PL.

Dr. Gamariel Mbonimana yabwiye Kigali Today ati: “Nubwo mbarizwa mu ishyaka rya PL mfite uburenganzira bwo kuba nashyigikira Perezida wa Repubulika ku mukandida wo kuyobora u Rwanda cyane ko ishyaka mbarizwamo ritambuza kubikora kuko ubwaryo ari Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri muntu (PL) gusa ku kibazo mwambajije cyo kuba nshaka ko nahabwa inshingano, ntabwo nazanga baramutse bongeye kungirira icyizere nk’uko nabivuze ubwo namurikaga igitabo mperutse gusohora”.

Yashinze ihuriro yise SOBER Club rifite intego yo gushishikariza abantu kubaho mu buzima bufite intego kandi butishora mu businzi no mu biyobyabwenge cyane ku rubyiruko.

Dr Mbonimana yavuze ko igihe icyo ari cyo cyose yakongera kugirirwa icyizere agahabwa inshingano mu buyobozi yabyemera kandi akazikora neza.

Avuga ko  kuva yagwa mu ikosa no gusezera mu nshingano ze kubera ubusinzi, yahise afata icyemezo cyo kureka inzoga burundu ndetse afata n’umwanzuro wo gushishikariza abandi kuzireka.

Nyuma y’aho yaje gusohora igitabo gikubiyemo inyigisho zifasha abandi kubaho mu bushishozi bwabo birinda ubusinzi.

Yakise  ‘Imbaraga z’Ubushishozi’ kigamije kurwanya ibiyobyabwenge ashingiye ku mateka yanyuzemo.

Nyuma yo gusezera ku nshingano ze mu Nteko Ishinga Amategeko, ubu Dr Mbonimana asigaye ari umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi muri East African University.

TAGGED:featuredGamarieligitaboInshinganoKaminuzaMbonimanaUbusinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Yaketse Ko Yishe Murumuna We, Ariyahura
Next Article Abapolisikazi Bari Guhugurwa Ku By’Ubutumwa Bw’Amahoro Bazoherezwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?