Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mbonyi Yatumye Abanya Kenya Biruhura Imitima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Mbonyi Yatumye Abanya Kenya Biruhura Imitima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2024 2:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Israel Mbonyicyambu akaba umuhanzi uri mu bakomeye kurusha abandi bakora indirimbo zihimbaza Imana yaraye ataramiye abaturage bo muri Kenya barimo n’abayobozi bumva baruhutse umutima.

Mbonyi ari mu bahanzi b’Abanyarwanda bakunzwe cyane muri Kenya kubera ko afite indirimbo nyinshi yaririmbye mu Giswayile bakazikunda.

Igitaramo cye yaraye agikoreye muri Stade ya Ulinzi Sports Complex.

Bamwe mu bakomeye bitabiriye iki gitaramo barmo Kalonzo Musyoka wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya, Depite Peter Salasya, Umuvugizi wa Guverinoma ya Kenya witwa Isaac Mwaura n’abandi.

Abantu bagera ku 15,000 nibo ugereranyije wasanga bitabiriye iki gitaramo cya Mbonyi.

Igitaramo cye yakise Africa Workship Experience, akavuga ko yatunguwe no kubona ukuntu abaturage ba Kenya bamukunda.

Imwe mu ndirimbo ze zikunzwe kurusha izindi ni iyo yise Nina Siri.

Yayikoze mu mwaka wa 2023 irakunda haba mu Rwanda no muri Kenya.

Umunyamakuru wa RBA witabiriye iki gitaramo, Rugaju Reagan wajyanye na Mbonyi avuga ko uyu muhanzi yagaragaje ko akunzwe koko ndetse ngo ku rubyiniro yakiriwe na Isaac Mwaura ubwe.

Mwaura yabwiye Mbonyi ko Perezida wa Kenya akunda indirimbo ze ndetse azicuranga mu Biro  bye na Madamu we akazikunda mu buzima busanzwe.

Izindi ndirimbo ze zikunzwe ni iyitwa Nitaamini.

Na Depite Peter Kalerwa Salasya wanyuzwe cyane n’iki gitaramo, yavuze ko azongera gutumira Mbonyi kugira ngo azajye gutaramira muri Bukhungu Stadium, amusezeranya ko azabanza kumusura mu Rwanda.

TAGGED:featuredIgitaramoMbonyiMwaura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Abanyarwanda Bari Bategereje Wageze
Next Article Kagame Yageze Ku Amahoro Aho Agiye Kurahirira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?