Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mbonyi Yatumye Abanya Kenya Biruhura Imitima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Mbonyi Yatumye Abanya Kenya Biruhura Imitima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2024 2:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Israel Mbonyicyambu akaba umuhanzi uri mu bakomeye kurusha abandi bakora indirimbo zihimbaza Imana yaraye ataramiye abaturage bo muri Kenya barimo n’abayobozi bumva baruhutse umutima.

Mbonyi ari mu bahanzi b’Abanyarwanda bakunzwe cyane muri Kenya kubera ko afite indirimbo nyinshi yaririmbye mu Giswayile bakazikunda.

Igitaramo cye yaraye agikoreye muri Stade ya Ulinzi Sports Complex.

Bamwe mu bakomeye bitabiriye iki gitaramo barmo Kalonzo Musyoka wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya, Depite Peter Salasya, Umuvugizi wa Guverinoma ya Kenya witwa Isaac Mwaura n’abandi.

Abantu bagera ku 15,000 nibo ugereranyije wasanga bitabiriye iki gitaramo cya Mbonyi.

Igitaramo cye yakise Africa Workship Experience, akavuga ko yatunguwe no kubona ukuntu abaturage ba Kenya bamukunda.

Imwe mu ndirimbo ze zikunzwe kurusha izindi ni iyo yise Nina Siri.

Yayikoze mu mwaka wa 2023 irakunda haba mu Rwanda no muri Kenya.

Umunyamakuru wa RBA witabiriye iki gitaramo, Rugaju Reagan wajyanye na Mbonyi avuga ko uyu muhanzi yagaragaje ko akunzwe koko ndetse ngo ku rubyiniro yakiriwe na Isaac Mwaura ubwe.

Mwaura yabwiye Mbonyi ko Perezida wa Kenya akunda indirimbo ze ndetse azicuranga mu Biro  bye na Madamu we akazikunda mu buzima busanzwe.

Izindi ndirimbo ze zikunzwe ni iyitwa Nitaamini.

Na Depite Peter Kalerwa Salasya wanyuzwe cyane n’iki gitaramo, yavuze ko azongera gutumira Mbonyi kugira ngo azajye gutaramira muri Bukhungu Stadium, amusezeranya ko azabanza kumusura mu Rwanda.

TAGGED:featuredIgitaramoMbonyiMwaura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Abanyarwanda Bari Bategereje Wageze
Next Article Kagame Yageze Ku Amahoro Aho Agiye Kurahirira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?