Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Menya Unugwanugwa Kuba Ambasaderi W’U Bufaransa Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Menya Unugwanugwa Kuba Ambasaderi W’U Bufaransa Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2021 5:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru aturuka i Paris aravuga ko umugabo witwa Antoine Anfré ari we unugwanugwa ko agiye kugirwa Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda.

Niyemezwa na Elysée no mu Urugwiro, azaba abaye Ambasaderi w’u Bufaransa nyuma y’imyaka itandatu iki gihugu kitagira ugihagararira mu Rwanda.

Ambasaderi uheruka guhagararira inyungu za Paris i Kigali yari Bwana Michel Flesch, uyu akaba yaravuye mu Rwanda mu mwaka wa 2015.

Kuva icyo gihe kugeza ubu inyungu za kiriya gihugu mu Rwanda zacungwaga na Jérémie Blin.

Ku ruhande u Rwanda rwo rwakomeje kugira uruhagarariye mu Bufaransa witwa Jacques Kabare.

Yagiye yo muri Nyakanga, 2010 asimbuye François-Xavier Ngarambe.

Antoine Anfré afitanye amateka n’u Rwanda…

Uyu mugabo w’imyaka 58 y’amavuko mu myaka ya 1990 yari ashinzwe ishami rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bufaransa( Quia d’Orsay) ryari rishinzwe ibibazo bireba Afurika na Madagascar( Diréction des Affaires Africaines et Malgaches).

Icyo gihe hari inyandiko yanditse ndetse zikubiye muri raporo y’uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi yasohowe n’abanyamateka bari bayobowe na Prof Duclert aho Anfré yavuguruzaga ibyo abahoze bamuyobora bavugaga kuri Front Patriotique Rwandais.

Antoine Anfré agaragara muri raporo Duclert inshuro 36.

Mu nyandiko za Anfré hari aho yasabaga ubutegetsi bwa Paris guhindura politiki bwari bufitiye u Rwanda, akabusaba ko bwarekera aho gufasha ubutegetsi bwa Habyarimana Juvénal.

Ibi ariko ntibyamuhiriye kuko, nk’uko bigaragara muri raporo Duclert, yaje kwirukanwa, ntiyakomeza kuyobora bya biro twavuze haruguru.

Nyuma, ni ukuvuga nyuma hafi y’imyaka 10, Antoine Anfré yaje kugirwa Ambasaderi w’u Bufaransa muri Niger ariko naho aza kuhava nyuma yo kutabona ibintu kimwe n’ubutegetsi bw’i Niamey.

Yaje guhabwa izindi nshingano muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bufaransa.

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ivuga ko iby’uko ari we ushobora guhagararira u Bufaransa mu Rwanda bitaremezwa na Leta y’u Rwanda.

Aramutse ari we koko, nk’uko amakuru dufite abivuga, ashobora kuba umuhuza mwiza hagati y’ibihugu byombi, ibi bigashingirwa k’uburyo yitwaye mu myaka ya 1990.

TAGGED:AmbasaderiAntoineBufaransafeaturedKigaliParisRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwiyakira Mu Bukwe Byashyiriweho Amabwiriza Ngo Bitaba Nk’Utubari
Next Article Kabuga Félicien Yangiwe Gufungurwa By’Agateganyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?