Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2025 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ejo hakozwe inama bemeranya kuri iriya ngengo y'imari.
SHARE

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’igihugu rwa Rayon Sports Abdallah Murenzi yatangaje ko izakoresha ingengo y’imari ya Miliyari Frw 2, ubu ikaba ifite Miliyoni Frw 400. Andi azava he?

Ni ingengo izakoreshwa mu mwaka w’imikino mushya wa 2025/26.

Murenzi Abdallah ati: “Turateganya gukoresha ingengo y’imari ya Miliyari Frw 2 azaturuka mu bafatanyabikorwa no mu bihembo tuzakura mu marushanwa tuzitabira.  Ariko uruhare runini ni urw’abafana binyuze muri Fan Clubs.”

Kuvuga atyo, abishingira ku cyizere afitiye abafana, akemeza ko bazitanga, bagatanga amafaranga biyemeje muri za ‘fan clubs’ zabo.

Gusa byagaragaye ko hari ubwo icyizere nk’iki kiraza amasinde, bigaterwa ahanini n’uko ibyo abantu biyemeje batabikurikiza.

Kutabikurikiza biterwa na byinshi birimo n’ikiguzi cy’imibereho y’abaturage muri rusange kizamuka muri iki gihe.

Bamwe bashobora kwemera ko amafaranga azava mubyo bazaba bagurishije bejeje imyaka ari yo bazatanga nk’umusanzu wa Rayon ariko bakarumbya kubera imihindagurikire y’ikirere n’izindi mpamvu.

Abatuye mu mijyi[akenshi badahinga] nabo babona amafaranga bayavanye muri serivisi batanga ariko nazo zisigaye zitishyurirwa neza kubera ubuzima buhenze.

Nk’urugero, kuwa Gatandatu tariki 06, Nzeri, 2025 RURA yatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri petelori( Lisansi na mazutu) byazamutse.

Guhera icyo gihe kugeza mu mezi abiri ari imbere uhereye ku itariki iki cyemezo cyafatiwe, litiro imwe ya lisansi iragura Frw 1862 ivuye ku Frw 1803 naho iya mazutu iragura Frw 1808 ivuye ku Frw 1757.

Nubwo Leta iba yashyizemo ‘Nkunganire’ ntibibuza ko  abagenzi batangira kwitondera gutega ikinyabiziga kibahenda kandi gusohora amafaranga bakabanza gutekerezwaho kabiri.

Ibiciro ku isoko ry’ibiribwa  ngangurarugo nabyo byicara bihindagurika ku buryo ababyeyi( ari nabo bafana ba Rayon benshi bafite amafaranga) bagorwa no guhaha ibintu byinshi ku mafaranga menshi.

Rayon Sports ifite abafana benshi( nubwo nta barura ryeruye ryatangajwe), gusa ntibiyibuza kumvikanamo inkuru z’imicungire mibi y’umutungo wayo.

Icyizere Murenzi atanga gifite uburemere kuko Miliyari Frw 2 ari amafaranga menshi.

Murenzi Abdallah( Ifoto: Rayon Sports)

Abafana, abaterankunga n’andi mafaranga  bivugwa ko  Rayon Sports izavana mu marushanwa izitabira, ashobora kuzaza angana cyangwa ari make kuyo bateganyije.

Ukurikije ibihe iyi kipe yaciyemo mu myaka yatambutse, ushobora kwanzura ko nubwo ayo mafaranga yose ataboneka, itazabura kuguma muri Shampiyona y’u Rwanda kandi mu makipe y’imbere.

Umwaka w’Imikino ya Shampiyona  uzatangira tariki ya 12, Nzeri, 2025, umukino wa mbere Rayon izawutangira kuya 13, Nzeri ikine  na Kiyovu Sports mu mukino wa mbere uzabera kuri Kigali Pelé Stadium.

INGENGABIHE YA #Gikundiro Y’IMIKINO IBANZA YA @RwandaLeague 2025-26

⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️⬇️ pic.twitter.com/40OXbPToEv

— Rayon Sports Official (@rayon_sports) August 28, 2025

TAGGED:AmafarangafeaturedIkipeImariIngengoMurenziRayon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida
Next Article Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?