Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Milwaukee Bucks Yegukanye NBA Nyuma y’Imyaka 50
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoPolitiki

Milwaukee Bucks Yegukanye NBA Nyuma y’Imyaka 50

admin
Last updated: 21 July 2021 5:34 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe ya Milwaukee Bucks yegukanye igikombe cya shampiyona ya Basketball muri Leta zunze ubumwe za Amerika, nyuma y’imyaka 50 itagikozaho n’imitwe y’intoki. Yari imaze gutsinda Phoenix Suns amanota 105-98. 

Ni umukino Giannis Antetokounmpo yatsinzemo amanota 50, warebwe n’abantu 20,000 n’abandi bagera mu 65,000 bari bakurikiraniye umukino hanze ya Fiserv Forum, inzu y’imikino yo mu mujyi wa Milwaukee, Leta ya Wisconsin.

Gutsinda umukino wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu byatumye Milwaukee Bucks itwara igikombe ku mikino 4-2. Yagiherukaga mu 1971.

Yahise iba ikipe ya gatanu mu mateka ya NBA itwaye igikombe kandi yaratsinzwe imikino ibiri ibanza muri irindwi ya nyuma baba bagomba gukina.

Suns yatsinzwe mu gihe yifuzaga kwegukana igikombe cya mbere cya NBA nyuma y’imyaka 53, nyuma yo gutsindirwa nanone ku mikino ya nyuma mu 1976 na 1993.

Ntiyabashije guhagarika Antetokounmpo, wahise aba umukinnyi wa karindwi watsinze amanota agera muri 50 mu mukino wa nyuma wa NBA.

Antetokounmpo yahise aba umukinnyi w’umwaka wa shampiyona, umukinnyi wahize abandi mu bakinnye imikino ya nyuma n’umukinnyi wugariye neza kurusha abandi, urutonde yasanzeho Michael Jordan na Hakeem Olajuwon.

Antetokounmpo ni we mukinnyi w’irushanwa

TAGGED:Giannis AntetokounmpoMilwaukee BucksNBAPhoenix Suns
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarwaye COVID-19 Batakaza Ubushobozi Bwo Guhumurirwa No Gutera Akabariro
Next Article Amerika ‘Ya Biden’ Yarashe Muri Somalia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?