Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Bamporiki Yihakanye Umukozi Umushinja Ubwambuzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Bamporiki Yihakanye Umukozi Umushinja Ubwambuzi

Last updated: 18 May 2021 2:50 pm
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Édouard Bamporiki, yahakanye ibyamuvuzweho ko yambuye umukozi muri ‘hotel ye’ , avuga ko we adacuruza.

Kuri uyu wa Mbere uwitwa Mucyo Byigero yanditse kuri Twitter ko afite agahinda yatewe n’umwe mubayobozi bakomeye hano mu Rwanda, Bamporiki Édouard.

Yavugaga ko akeneye kurenganurwa.

Yanditse ko mu mwaka wa 2019 yakoraga muri hotel imwe mu Rwanda ashinzwe kwakira abantu, ari naho yaje guhurira na Bamporiki, yishimira uburyo akoramo akazi, amusaba ko yajya gukora muri hotel yari agiye gufungura.

Yakomeje ati “Ndamwemerera turaganira, twumvikana ko azajya ampa 100,000 Frw ku kwezi. Icyo gihe naragiye ntangira akazi, turakorana neza, ariko namusaba amasezerano akambwira ko azayampa hoteli imaze gufata umurongo.”

“Hashize ukwezi kwa mbere ntegereza umushahara ambwira kuba nihanganye, ukwezi kwa kabiri nabwo biba uko, ndangije mfata umwanzuro wo kuva mu kazi kuko nabonaga nta gahunda yo kwishyurwa ihari.”

Muri Nyakanga 2020 ngo Bamporiki yamutumyeho umwe mu bakozi be muri hotel ngo aze akomeze akazi, banakemure ikibazo.

Mucyo yakomeje ati “Hanyuma nabwo nkora ukwezi sinishyurwa, ahubwo byongera ideni biba amezi, kugeza uyu munsi ntafata telephone yanjye yewe no kuri WhatsApp yaramblotse.”

“Ese koko birakwiye ko umuntu wakabaye arenganura abantu ariwe ubarenganya? Icyo nkeneye ni ubutabera.”

Mu gisubizo gito yahaye Taarifa kuri iki kibazo, Bamporiki yagize ati “Ntabwo ncuruza.”

Gusa yanze gushimangira niba ibimuvugwaho atari ukuri, cyangwa niba nta hotel agira ku buryo avuga ko adacuruza.

Gusa mu bundi butumwa yaje kwandika kuri Twitter, yabaye nk’uwita biriya ko ari ugusebanya.

Ati “Uzaperereze. Ushakira amaronko mu gusebanya arisenya. Ndi mukazi tjr.”

Uzaperereze. Ushakira amaronko mugusebanya arisenya. Ndi mukazi tjr.

— Bamporiki Edouard (@Bamporikie) May 18, 2021

Byatumye Mucyo ashyira hanze ubutumwa bandikiranye, ariko nta na hamwe Bamporiki yigeze yemera ko amufitiye amafaranga.

Ahubwo amubwira ko nta masezerano bafitanye, nubwo undi avuga ko bari babyemeranyije mu magambo nk’umunyakiraka.

TAGGED:BamporikifeaturedHotelUmukoziUmwenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuryango W’Ubumwe Bw’Uburayi Wahaye Impunzi Z’Abarundi Miliyoni 890 Frw
Next Article Kagame Yahuye N’Abasirikare B’Abafaransa Bari Mu Rwanda Kugeza Mu 1994
1 Comment
  • MANZI says:
    18 May 2021 at 4:07 pm

    Niba @Mucyo Akora ibyo agamije guharabika @Bamporiki Abibazwe

    Niba Minister @Bamporiki Nawe arikwirengagiza ibyo azi Nawe Abibazwe kuko Kumpande zombi ntiwaba ari umuco mwiza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?