Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Gatabazi Yafunguye Ibikorwa By’Itsinda Ryiswe ‘Abarinzi B’Ibyambu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Gatabazi Yafunguye Ibikorwa By’Itsinda Ryiswe ‘Abarinzi B’Ibyambu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2021 12:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu tariki 03, Nzeri, 2021 mu Karere ka Nyagatare hatangijwe ihuriro ry’urubyiruko rwahuguriwe kuba imboni ku mipaka ihuza Nyagatare, uturere bituranye ndetse na Uganda kugira ngo habeho gukumira abambutsa ibiyobyabwenge babivana cyangwa babizana muri kariya karere.

Imibare itangazwa n’inzego zishinzwe umutekano n’ubuzima bw’Abanyarwanda muri rusange yerekana ko Akarere ka Nyagatare kari mu twa mbere mu Rwanda twinjirizwamo kandi tugakoreshwamo ibiyobyabwenge.

Utundi turere ni Gicumbi, Burera, Rubavu na Rusizi.

Kuri Twitter ya Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu handitse ko umuhango wo kwakira bwa mbere abagize itsinda Abarinzi b’Ibyambu watabiriwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi wari uri kumwe n’abandi bayobozi barimo na Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba CG Emmanuel Gasana.

Itsinda rya mbere ry’Abarinzi B’Ibyambu rigizwe n’abantu 402.

Uru rubyiruko rwari rumaze iminsi mu Itorero ryatangiye tariki 05, Kanama, 2021, umuhango wo kubakira muri izi nshingano nshya wabereye kuri Stade ya Nyagatare.

Inzego z’umutekano zivuga ko ibyinshi mu biyobyabwenge bikoreshwa mu Rwanda bivanwa mu bihugu bituranye narwo.

Minisitiri Gatabazi ari kumwe na Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba, CG Emmanuel Gasana

Ikiyobyabwenge gikoreshwa mu Rwanda kurusha ibindi ni urumogi.

Ikivugwaho kuvanwa mu mahanga kurusha ibindi biyobyabwenge ni kanyanga, iyi bikavugwa ko aho ikunze kuvanwa ari muri Uganda.

Si yo yonyine yinjizwa mu Rwanda ivanywe mu mahanga ahubwo hari n’ibicuruzwa bivanwayo bikaza ari magendu.

Biyemeje kuzahangana n’abinjiza ibiyobyabwenge cyangwa ibindi bintu mu buryo butemewe n’amategeko
TAGGED:featuredGasanaGatabaziMinisitiriNyagatareUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’U Buyapani Agiye Kwegura ‘Atamaze Kabiri’
Next Article Uko Ikipe Ya Uganda Yisanze Mu Bibazo i Kigali, Ikiyambaza Janet Museveni Bikanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?