Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINALOC Yihakanye Iby’Uko Yabujije Abayobozi Guha Abanyamakuru Amakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

MINALOC Yihakanye Iby’Uko Yabujije Abayobozi Guha Abanyamakuru Amakuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2024 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyamakuru bari bamaze igihe binubira ko hari abayobozi mu nzego z’ibanze banga kubaha amakuru kuko ngo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yabibahayeho umurongo w’uko amakuru areba Akarere atangwa na Meya gusa.

Minisitiri Jean Claude Musabyimana yaraye abihakaniye Inteko ishinga amategeko ubwo yamugezagaho iki kibazo kuko ngo kibangamiye abaturage cyane cyane ko abanyamakuru baba babariza abaturage.

Umwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze aherutse kubwira mugenzi wacu wa RBA wari umuhamagaye ngo agire icyo amutangariza ku kibazo cy’abaturage,  undi amusubiza ko hari ‘briefing’ ivuga ko agomba kubibaza Meya.

Yagize ati: “ RBA se ko mufite briefing nk’iyo natwe dufite… Reka nze nguhe nomero za Meya umuvugishe kuko niwe muvugizi w’Akarere kandi niyo briefing baduhaye.”

Uwo muyobozi avuga ko iyo umunyamakuru avuganye na Meya akamurangira uwo avugisha, ari bwo uwo abona uko atanga amakuru yabyemerewe na Meya.

Undi muyobozi yavuze ko amabwiriza mashya bafite avuga ko iyo umuyobozi w’urwego ahari, aba ari we muvugizi warwo.

Icyakora Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yabwiye Abadepite ko ibyo abo bayobozi bavuga bidahuje n’ukuri.

Yasubizaga ku byavuye mu bushakashatsi bwa RGB ku mitangire ya serivisi zigenewe abaturage mu nzego z’ibanze.

Hon Frank Habineza yabwiye Minisitiri Musabyimana ati: “ Tumaze igihe tubona abinubira[complaints] ko mwebwe Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu mubuza abayobozi mu nzego z’ibanze gutanga amakuru ku bibazo by’abaturage.”

Musabyimana Jean Claude yasubije Abadepite ko nta hantu na hamwe yigeze yumvikana atanga amabwiriza abuza abayobozi guha abanyamakuru amakuru.

Ati: “ Ntabwo ari byo. Ndumva ni igihe byavuzwe kuri radio naravuze ko ibintu bimeze nk’amatiku batazongera kubimbaza. Nta hantu na hamwe muri uru Rwanda nigeze mvugira ko umuyobozi atagomba gutanga amakuru.”

Yasabye Abadepite kuzabaza uwo ubivuga aho yabikuye ariko we ngo ntabyo yavuze ndetse n’aho byavugiwe ntago yari ahari.

Icyo gitifu w’Umurenge abivugaho…

Taarifa yabajije Dr. Madeleine Rwabukumba uyobora Umurenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo niba ayo mabwiriza Minisitiri Musabyimana ahakana yaba yarayatanze koko, undi asubiza ko nta mabwiriza nk’ayo yigeze atangirwa ahantu aho ari ho hose.

Uyu muyobozi ubimazemo igihe avuga ko abayobozi babwiye RBA ko ibintu ari kuriya bimeze, batavuze ukuri.

Ati: “ Nitabira inama zose zireba ba gitifu ariko nta hantu na hamwe numvise Minisitiri abuza abayobozi gutanga amakuru.”

Icyakora amakuru avuga ko bishoboka ko hari ubwo Minisitiri Musabyimana yabwiye abayobozi ko ku makuru runaka biba ari ngombwa ko bagira imvugo imwe kuri yo kugira ngo hatabaho gukabiriza cyangwa se kudaha agaciro amakuru runaka areba akarere bityo hakabaho kubusanya.

Birashoboka ko hari bamwe mu bayobozi baba barabifashe nk’aho ari Meya wemerewe gusa gutanga amakuru ku Karere.

Ubusanzwe Itegeko rishyiraho Akarere rivuga ko Akarere ari urwego rwigenga, ruyoborwa n’Inama Njyanama.

TAGGED:AbayoboziAkarerefeaturedInzegoMusabyimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yasabye Tshisekedi Kuganira Na M23, Undi Abitera Utwatsi
Next Article Masaï Arateganya Kubaka Muri Afurika Izindi Nyubako Zitwa Zaria Courts
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?