Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINEDUC Irashaka Ko Amashuri Yose Arushanwa Mu Gukora Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

MINEDUC Irashaka Ko Amashuri Yose Arushanwa Mu Gukora Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2024 7:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Joseph Nsengimana uyobora Minisiteri y’uburezi avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ishaka ko abanyeshuri bo hirya no hino bagira umuco wo kurushanwa mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga ryo mu ngeri zose.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma yo guhemba abanyeshuri bo mu ishuri rihanga udushya dukoresha mudasobwa, Rwanda Coding Academy, Minisitiri Nsengimana yavuze ko guhiganwa muri ubwo buryo bizazamura mu banyeshuri ubushobozi bwo guhanga udushya.

Yavuze ko igikorwa abo banyeshuri bakoze gikwiye kwagukira no mu yandi mashuri.

Ati: “Aya marushanwa ni ngombwa kugira ngo abanyeshuri bashobore gushyira mu bikorwa ibyo bize. Akenshi usanga abana biga ariko ntibabone uko bashyira mu bikorwa ibyo bize. Aya marushanwa atuma bafata ibyo bize bakareba uko babishyira mu bikorwa mu buzima busanzwe”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri Joseph Nsengimana avuga ko umwihariko w’ikigo Rwanda Coding Academy ari uguha abakigamo ubumenyi mu gukora no gukoresha ikoranabuhanga rishya.

Intego ya Leta mu gushyiraho ririya shuri ni ukugira ngo rizafashe igihugu kugera ku ntego y’iterambere ry’u Rwanda mu mwaka wa 2050.

Mu magambo ye, Minisitiri Nsengimana avuga ko ikoranabuhanga u Rwanda rwiyemeje kugeraho rigomba kugaragara mu ngeri zose, haba mu buhinzi, mu burezi no mu zindi nkingi z’ubukungu.

The Minister of Education @JosephNsengiman is now visiting students exhibition stands #RCAhackathon pic.twitter.com/XFfchkL9uR

— Rwanda TVET Board (@RTB_Rwanda) October 9, 2024

Irushanwa abanyeshuri bo muri Rwanda Coding Academy barushanyijwemo ryiswe RCA Hachathon 2024.

- Advertisement -

Ryateguwe ku bufatanye na Ambasade ya Koreya y’Epfo ndetse n’Ikigo cy’u Rwanda kigisha ubumenyi ngiro Rwanda TVET Board.

Umuyobozi mukuru wa Rwanda TVET Board Eng. Umukunzi Paul yavuze ko ishuri rya Rwanda Coding Academy ari ikigo gifitiye u Rwanda akamaro.

Ashima umuhati abana bakigamo bagaragaje mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga berekanye kuri uyu wa Gatatu.

Ni ikoranabuhanga rigamije gufasha mu kubonera ibisubizo ibibazo u Rwanda rufite birimo ibiza, impanuka mu mihanda, kuhira imirima iri ahantu hahanamye n’ibindi.

Mu buryo bw’umwihariko, Umukunzi Paul yashimiye Guverinoma ya Koreya y’’Epfo kubera ko yiyemeje gutuma ikigo Rwanda Coding Academy gihinduka ikigo cy’icyitegererezo mu guhanga ikoranabuhanga, ikigo bita Centre of Excellence in Software Development.

Hari gahunda y’uko za TVET umunani(8) ziri mu Rwanda hose zizagirwa ahantu h’icyitegererezo, bikazatwara Miliyoni $110.

Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda Jeong Woo Jin avuga ko yasanze abanyeshuri bo muri Rwanda Coding Academy batanga icyizere cy’uko u Rwanda ruzaba igicumbi cy’ikoranabuhanga mu Karere.

Avuga ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu ngeri zitandukanye.

Abo bana bo bavuga ko biyemeje kwiga cyane kugira ngo bazabonere u Rwanda ibisubizo by’ibibazo birubuza kugera ku iterambere rwifuza.

TAGGED:AbanyeshuriAmbasaderifeaturedIkoranabuhangaKoreyaNsengimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asaba Guverinoma Za Afurika Gukuraho Ibibangamira Ubucuruzi Bwambuka Imipaka
Next Article Rusizi: Umusaza Yitwikiye Inzu Ngo Abyegeke Ku Mugore We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?