Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINEDUC Irashaka Ko Amashuri Yose Arushanwa Mu Gukora Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

MINEDUC Irashaka Ko Amashuri Yose Arushanwa Mu Gukora Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2024 7:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Joseph Nsengimana uyobora Minisiteri y’uburezi avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ishaka ko abanyeshuri bo hirya no hino bagira umuco wo kurushanwa mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga ryo mu ngeri zose.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma yo guhemba abanyeshuri bo mu ishuri rihanga udushya dukoresha mudasobwa, Rwanda Coding Academy, Minisitiri Nsengimana yavuze ko guhiganwa muri ubwo buryo bizazamura mu banyeshuri ubushobozi bwo guhanga udushya.

Yavuze ko igikorwa abo banyeshuri bakoze gikwiye kwagukira no mu yandi mashuri.

Ati: “Aya marushanwa ni ngombwa kugira ngo abanyeshuri bashobore gushyira mu bikorwa ibyo bize. Akenshi usanga abana biga ariko ntibabone uko bashyira mu bikorwa ibyo bize. Aya marushanwa atuma bafata ibyo bize bakareba uko babishyira mu bikorwa mu buzima busanzwe”.

Minisitiri Joseph Nsengimana avuga ko umwihariko w’ikigo Rwanda Coding Academy ari uguha abakigamo ubumenyi mu gukora no gukoresha ikoranabuhanga rishya.

Intego ya Leta mu gushyiraho ririya shuri ni ukugira ngo rizafashe igihugu kugera ku ntego y’iterambere ry’u Rwanda mu mwaka wa 2050.

Mu magambo ye, Minisitiri Nsengimana avuga ko ikoranabuhanga u Rwanda rwiyemeje kugeraho rigomba kugaragara mu ngeri zose, haba mu buhinzi, mu burezi no mu zindi nkingi z’ubukungu.

The Minister of Education @JosephNsengiman is now visiting students exhibition stands #RCAhackathon pic.twitter.com/XFfchkL9uR

— Rwanda TVET Board (@RTB_Rwanda) October 9, 2024

Irushanwa abanyeshuri bo muri Rwanda Coding Academy barushanyijwemo ryiswe RCA Hachathon 2024.

Ryateguwe ku bufatanye na Ambasade ya Koreya y’Epfo ndetse n’Ikigo cy’u Rwanda kigisha ubumenyi ngiro Rwanda TVET Board.

Umuyobozi mukuru wa Rwanda TVET Board Eng. Umukunzi Paul yavuze ko ishuri rya Rwanda Coding Academy ari ikigo gifitiye u Rwanda akamaro.

Ashima umuhati abana bakigamo bagaragaje mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga berekanye kuri uyu wa Gatatu.

Ni ikoranabuhanga rigamije gufasha mu kubonera ibisubizo ibibazo u Rwanda rufite birimo ibiza, impanuka mu mihanda, kuhira imirima iri ahantu hahanamye n’ibindi.

Mu buryo bw’umwihariko, Umukunzi Paul yashimiye Guverinoma ya Koreya y’’Epfo kubera ko yiyemeje gutuma ikigo Rwanda Coding Academy gihinduka ikigo cy’icyitegererezo mu guhanga ikoranabuhanga, ikigo bita Centre of Excellence in Software Development.

Hari gahunda y’uko za TVET umunani(8) ziri mu Rwanda hose zizagirwa ahantu h’icyitegererezo, bikazatwara Miliyoni $110.

Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda Jeong Woo Jin avuga ko yasanze abanyeshuri bo muri Rwanda Coding Academy batanga icyizere cy’uko u Rwanda ruzaba igicumbi cy’ikoranabuhanga mu Karere.

Avuga ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu ngeri zitandukanye.

Abo bana bo bavuga ko biyemeje kwiga cyane kugira ngo bazabonere u Rwanda ibisubizo by’ibibazo birubuza kugera ku iterambere rwifuza.

TAGGED:AbanyeshuriAmbasaderifeaturedIkoranabuhangaKoreyaNsengimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asaba Guverinoma Za Afurika Gukuraho Ibibangamira Ubucuruzi Bwambuka Imipaka
Next Article Rusizi: Umusaza Yitwikiye Inzu Ngo Abyegeke Ku Mugore We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?