Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINEDUC Yibutse Ko Uburyo Yatangazagamo Amanota Bwateraga Urujijo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

MINEDUC Yibutse Ko Uburyo Yatangazagamo Amanota Bwateraga Urujijo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 July 2022 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Gaspard Twagirayezu yaraye atangaje ko iyi Minisiteri yahinduye uburyo amanota yatangazwagamo mu rwego rwo ‘korohereza buri wese ukeneye kuyareba.’

Yavuze ko MINEDUC yahinduye uburyo amanota yajyaga abarwa.

Ngo mu mashuri abanza bari bafite uburyo bwabo bwo kubara amanota, mu kiciro rusange( Tronc Commun) bakagira uburyo bwabo, n’abandi bakagira uburyo bwabo.

Ati: “ Uburyo amanota y’uwigaga muri TVET yabarwaga bwaba butandukanye n’uko uwo mu burezi busanzwe( general education) yabarwaga. Twari dusanzwe dufite uburyo burenga butanu abantu babaraga amanota.”

Mugihe abanyeshuli barenga ibihumbi 400 basoje ibyiciro bitandukanye by’amashuli yisumbuye mu gihugu hose batangiye ibizamini bya Leta, MINEDUC ivuga ko igiye kuvugurura uburyo yajyaga itangazamo amanota kuko uburyo yasohokaga byateraga urujijo benshi.

➡️ https://t.co/ZiVQrEIEW9 pic.twitter.com/2Xg92RGt8W

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) July 27, 2022

Twagirayezu yavuze ko Minisiteri y’uburezi yavuguruye buriya buryo bukomatanyirizwa hamwe.

Yatangaje ko Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini, NESA, mu minsi iri imbere kizasobanura neza iby’iri vurugura.

Icyakora Gaspard Twagirayezu avuga ko icyo bakoze kiri mu nyungu z’ababyeyi n’abana babo kugira ngo hakurweho urujijo mu kumenya uko amanota abarwa n’uko atangazwa.

Ibi bitangajwe mu gihe abanyeshuri 429,151 bo mu byiciro bitandukanye by’amashuri yisumbuye bari gukora ibizamini bya Leta.

Mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye abanyeshuri biyandikishije gukora biriya bizami ni 127,469 n’aho mu kiciro cya kabiri cy’aya mashuri biteganyijwe ko 47,579.

Mu mashuri nderabarezi abanyeshuri 2,906  mu gihe mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro hazakora abanyeshuri 21,338.

TAGGED:AmashurifeaturedIbizaminiLetaUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ingengo Y’Imari Y’Ibarura Rusange Ry’Abaturage Yamenyekanye
Next Article Igisambo Kigiye Kujya Kitangaho Amakuru- CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?