Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisante Irasaba Abanyarwanda Kudakurwa Umutima N’Icyorezo Marburg
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Minisante Irasaba Abanyarwanda Kudakurwa Umutima N’Icyorezo Marburg

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2024 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko abaturage badakwiye gukuka umutima kubera icyorezo cya Marburg kuko cyo kitandurira mu mwuka nk’uko byagenze kuri COVID-19.

Avuga ko iyi ndwara ku rundi ruhande yica ku kigero cyo hejuru ni ukuvuga hagati ya 28% na 90% ku bantu yafashe.

Nsanzimana yasabye abaturage gukomeza imirimo yabo ariko nanone abazi ko bashobora kuba barahuye n’umuntu wahitanywe nacyo cyangwa ukikirwaye yakwitangaho amakuru kugira ngo avurwe.

Ni ubutumwa yavuze ko buri Munyarwanda akwiye guha uburemere kuko burebana n’ubuzima bwa buri wese.

Kugeza ubu hari abantu 300 bari gusuzumwa iyo ndwara kuko batanzweho ayo makuru y’uko bahuye n’ubwo burwayi.

Abenshi mu barwaye ndetse iyo ndwara ikabahitana ni abakora mu rwego rw’ubuvuzi.

Minisitiri w’ubuzima avuga ko hakirebwa aho iyo ndwara yaturutse ariko akavuga ko icy’ingenzi ari ugutabara abayanduye.

Ati: “Twakoze ibipimo tuza gusanga hari abantu benshi banduye.Virusi ya Marbug ni ubwa mbere igeze mu Rwanda. Twari twariteguye kukirwanya nk’uko twitegura n’ibindi ariko burya buri cyorezo kigira ibyacyo”.

Dr Nsanzimana avuga ko ari virusi idakunze kubaho ariko iva mu nkende no mu ducurama ikajya mu bantu.

Avuga ko iyo igeze mu muntu hagati y’iminsi itatu n’iminsi 21 ari bwo ibimenyetso bigatangira kugaragara.

Iyo ibimenyetso bijya kuza bitangira ari ukuruka, kuzana umuriro, kuribwa imikaya ariko uko iminsi itambuka niko bikomera bikaba byahitana n’umuntu.

Avuga ko kugeza uyu munsi hari ibindi bipimo biri gufatwa.

Minisiteri y’ubuzima yaraye itangaje ko abatandatu n’abandi 20 bagaragaweho ubwo burwayi.

Igihe hari ubonye ko afite ibimenyetso by’iyo ndwara, ashobora guhamagara kuri 114.

Kubera ko iki cyorezo cyitandurira mu guhumeka, Minisiteri y’ubuzima igira abantu inama yo kwirinda gukoranaho n’abantu bya hato na hato, bagakungukira kugira isuku n’ibindi.

TAGGED:featuredIcyorezoMinisitiriNsanzimanaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abanyamerika Basabwe Gukorera Mu Ngo Zabo
Next Article Ko Israel Yivuganye Umuyobozi Wa Hezbollah Biraza Gucura Iki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?