Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisante Irasaba Abanyarwanda Kudakurwa Umutima N’Icyorezo Marburg
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Minisante Irasaba Abanyarwanda Kudakurwa Umutima N’Icyorezo Marburg

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2024 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko abaturage badakwiye gukuka umutima kubera icyorezo cya Marburg kuko cyo kitandurira mu mwuka nk’uko byagenze kuri COVID-19.

Avuga ko iyi ndwara ku rundi ruhande yica ku kigero cyo hejuru ni ukuvuga hagati ya 28% na 90% ku bantu yafashe.

Nsanzimana yasabye abaturage gukomeza imirimo yabo ariko nanone abazi ko bashobora kuba barahuye n’umuntu wahitanywe nacyo cyangwa ukikirwaye yakwitangaho amakuru kugira ngo avurwe.

Ni ubutumwa yavuze ko buri Munyarwanda akwiye guha uburemere kuko burebana n’ubuzima bwa buri wese.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kugeza ubu hari abantu 300 bari gusuzumwa iyo ndwara kuko batanzweho ayo makuru y’uko bahuye n’ubwo burwayi.

Abenshi mu barwaye ndetse iyo ndwara ikabahitana ni abakora mu rwego rw’ubuvuzi.

Minisitiri w’ubuzima avuga ko hakirebwa aho iyo ndwara yaturutse ariko akavuga ko icy’ingenzi ari ugutabara abayanduye.

Ati: “Twakoze ibipimo tuza gusanga hari abantu benshi banduye.Virusi ya Marbug ni ubwa mbere igeze mu Rwanda. Twari twariteguye kukirwanya nk’uko twitegura n’ibindi ariko burya buri cyorezo kigira ibyacyo”.

Dr Nsanzimana avuga ko ari virusi idakunze kubaho ariko iva mu nkende no mu ducurama ikajya mu bantu.

- Advertisement -

Avuga ko iyo igeze mu muntu hagati y’iminsi itatu n’iminsi 21 ari bwo ibimenyetso bigatangira kugaragara.

Iyo ibimenyetso bijya kuza bitangira ari ukuruka, kuzana umuriro, kuribwa imikaya ariko uko iminsi itambuka niko bikomera bikaba byahitana n’umuntu.

Avuga ko kugeza uyu munsi hari ibindi bipimo biri gufatwa.

Minisiteri y’ubuzima yaraye itangaje ko abatandatu n’abandi 20 bagaragaweho ubwo burwayi.

Igihe hari ubonye ko afite ibimenyetso by’iyo ndwara, ashobora guhamagara kuri 114.

Kubera ko iki cyorezo cyitandurira mu guhumeka, Minisiteri y’ubuzima igira abantu inama yo kwirinda gukoranaho n’abantu bya hato na hato, bagakungukira kugira isuku n’ibindi.

TAGGED:featuredIcyorezoMinisitiriNsanzimanaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abanyamerika Basabwe Gukorera Mu Ngo Zabo
Next Article Ko Israel Yivuganye Umuyobozi Wa Hezbollah Biraza Gucura Iki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?