Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisanté Yageneye Ubutumwa Abacukura Ibirombe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Minisanté Yageneye Ubutumwa Abacukura Ibirombe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2024 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Nsanzimana asaba abantu kudaha akato abakirutse Marburg
SHARE

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko uducurama twazanye Marburg mu Rwanda twabanje kwanduza umugabo wakoraga mu kirombe cy’amabuye y’agaciro mu gace gaturanye n’Umujyi wa Kigali.

Sabin Nsanzimana ushinzwe Minisiteri y’ubuzima yirinze kuvuga aho ibyo byabereye, ariko avuga ko nyuma y’uko bigaragaye ko uwo muntu yanduye, yajyanywe kwa muganga mu bitaro by’umwami Faysal.

Agezeyo yababwiye ko ndetse yahuye n’umugore we, bituma ashakwa nawe ajyanwa kwa muganga.

Yageze yo basanga aragaragaza ibimenyetso bya malaria-bisa cyane n’ibya Marburg-ariko nanone akaba yari atwite.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byabanje kugora abaganga kuko bavuraga Malaria ariko bakabona umurwayi ntakira kuko ubundi nyuma y’iminsi itatu umuntu urwaye malaria aba yatangiye kugaragaza ko ari kugarura agatege.

Icyo gihe nibwo batangiye kubona ko bigomba kuba ari indi ndwara ikomeye.

Uwo mugabo n’umugore we bari bageze ku cyiciro batari batangira kuva amaraso ariko bigaragara ko ubuzima bwabo buri mu kaga.

Kubera ko impyiko n’umwijima bitakoraga neza, ndetse bakaba batari bagishobora no guhumeka neza, byabaye ngombwa ko babashyira ku byuma bibafasha.

Uko iminsi yatambukaga, niko bagendaga bagarura agatege, ndetse baza koroherwa bava muri coma.

- Advertisement -

Umuganga witabajwe ngo abavure yari aturutse mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali aza kuhandurira kuko yasubiye mu bitaro yakoragamo bityo indwara iva hamwe ijyanwa ahandi.

Aho niho ikibazo cyahise kiba kigari mu baganga ba bimwe mu bitaro bikomeye mu Rwanda.

Kubera ko iyo ndwara yaturutse mu kirombe, Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko mu birombe hazashyirwa ikintu gitandukanya aho uducurama tuba cyangwa dushobora kuba kugira ngo hatandukane n’aho abantu bakorera.

Yemeza ko bidakwiye ko uducurama twicwa kuko byakurura ibindi bibazo ku rusobe rw’ibinyabuzima kandi bikaza ari ibibazo bikomeye kurushaho.

Uducarama twanduje abo bantu ni uturya imbuto bita fruits bats, tukaba turangwa no kugira umunwa muremure ugereranyije na tugenzi twatwo.

Kubera ko utwo ducurama tubwagura kabiri mu mwaka, Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko mu gihe cyabwo cyo kubwagura ari bwo dusohora iyo virusi ‘ya Marburg’.

Ati: “ Twanduza abantu byaba mu nkari, mu macandwe no mu mwanda wundi dusohora. Ibyo biba mu gihe gihura n’ukwezi kwa munani n’ukwa cyenda twaboneyemo iki cyorezo”.

Nsanzimana avuga ko ubwe yagiye mu kirombe aho utwo ducurama twabaga aratuhasanga, asanga twaririnwaga n’abantu bahakora.

Kumenya inkomoko y’icyo cyorezo byamaze ibyumweru bibiri.

Zimwe mu ngamba zahise zifatwa ni ugushyira urukuta rugabanya aho abakora mu kirombe bakorera n’aho uducurama tuba, hashyirwa n’itsinda ry’abaganga  ngo bakomeze kwita ku bahakora no gucungira hafi utwo ducurama.

Ni ingamba kandi zizashyirwa n’ahandi haba ibirombe n’ubuvumo kugira ngo hatazongera kuboneka icyago nk’icyo.

Dr Nsanzimana ati: “Ni ingamba zizatuma tumenya ibyorezo by’ubutaha, tukabimenyera hariya aho kugira ngo tubimenyere kwa muganga byamaze kugera kure”.

Ku byerekeye igihe u Rwanda ruzatangariza ko rwaciye Marburg burundu, Dr. Sabin Nsanzimana yasobanuye ko ibyo bizaba umunsi hazaba hashize iminsi 42 uhereye umunsi umurwayi wa nyuma azaba yavuye aho avurirwa.

Kugeza ubu abarwayi babiri nibo bagifite iyi ndwara, Minisitiri Nsanzimana akavuga ko umunsi bose bazaba bamaze gutaha hagashira iminsi 42 ari bwo u Rwanda ruzaba ruhigitse Marburg.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi, WHO/OMS, niryo rizemeza mu buryo budasubirwaho ko ‘koko’ u Rwanda rwatsinze kiriya cyorezo.

TAGGED:AbarwayifeaturedIbirombeNsanzimanaRwandaUducurama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yafashe Ahantu H’Ingenzi Muri Teritwari Ya Lubero
Next Article Abanyamerika Bafitiye Ubwoba Ibizakurikira Amatora Ya Perezida Wabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?