Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisiteri W’Intebe W’u Bwongereza YEGUYE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisiteri W’Intebe W’u Bwongereza YEGUYE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2022 1:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Boris Johnson wari umaze igihe gito abaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangaje yeguye.

Ni nyuma y’ibibazo byari bimaze iminsi mu ishyaka rye byatumye hari n’Abaminisitiri babiri begura.

Umwe mu Baminisitiri be bakomeye uherutse kwegura ni uwari ushinzwe imari witwa Rishi Sunak.

Rishi mbere yo kwegura yabwiye Minisitiri w’Intebe ko ibintu ari mo bitazaramba.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbere y’uko  yegura, yabanje kubiganiraho na Perezida wa Komite nyobozi y’Ishyaka rye rya Tory witwa Sir Graham Brady bemeranya ko agomba kuva ku izima akegura.

Amakuru avuga ko muri Nzeri, 2022 ari bwo hazatorwa undi muntu uzasimbura Boris ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.

Biteganyijwe ko mu masaha ashyira umugoroba kuri uyu wa Kane ari bwo Boris Johnston aza gutangaza ko yeguye.

Ibi byatumye umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga Liz Truss wari uri mu nzira ajya muri Indonesia ategeka ko indege ye ihindukira akagaruka mu Bwongereza.

Ikindi gisa n’aho kitari bwemerwe ni uko Boris ari butangaze yeguye ariko agakomeza gukorera mu Biro bya Minisitiri w’Intebe kuzageza mu Ukwakira, 2022.

- Advertisement -

Ni igitekerezo gishobora kuza kwanga n’Abadepite bo mu ishyaka rye.

Hari undi muyobozi muri Guverinoma y’u Bwongereza nawe weguye arangije atangaza ko byaba byiza na Boris yeguye ariko akanasaba Umwamikazi imbabazi ndetse akamugira inama y’uwaba amusimbuye.

Na mbere ye hari abandi beguye…

Biragoye kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ugategeka igihe kirekire.

Uretse umugabo witwa Tony Blair wagiye kuri uriya mwanya guhera mu mwaka wa 1997 kugeza mu mwaka wa 2007, abandi bose bagiye bavaho muri manda ya mbere cyangwa iya kabiri igeze hagati.

Avuga ko kuba Minisitiri w’Intebe bigoye cyane  kubera ko ari akazi gasaba gufata imyanzuro buri munsi kandi gahangayikisha kuko itangazamakuru n’abandi banyapolitiki baba bacungira  Minisitiri w’Intebe hafi.

Uretse Tony Blair weguye kubera itangazamakuru ryashyize ahagaragara iby’uko yabeshye Inteko ishinga amategeko ikemeza ko ingabo z’u Bwongereza zijya muri Iraq guhirika Saddam zimuziza ko yari atunze ibitwaro bya kirimbuzi kandi ntazo,  uwamusimbuye witwa Goldon Brown nawe yaje kwegura.

Yasimbuwe na David Cameron.

Cameron yatangije umushinga wo gukura u Bwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi biramunanira aza kwegura.

Hari mu mwaka wa 2016.

Yasimbuwe na Madamu Theresa May nawe byaje kunanira ndetse we yaje kurira imbere yaza cameras z’abanyamakuru ubwo yatangazaga ubwegure bwe.

Yavuze ko umuhati yashyizeho wo gukura igihugu cye mu Bumwe bw’u Burayi wanze kugira icyo ugeraho.

Ubu ni ukureba uko ibya Borris Johnston bizarangira.

TAGGED:BorisBwongerezafeaturedMinisitiriTony
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Gutekerezwa Uko N’Ahandi Muri Afurika Hashyirwa Isange One Stop Center
Next Article MTN Rwanda Yatangije Uburyo Bwo Gufasha Ibigo Bihamagarwa N’Abakiliya Kenshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?