Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Wagurishije Indege Y’ U Burundi Yasimbujwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri Wagurishije Indege Y’ U Burundi Yasimbujwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2021 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

*Uwamusimbuye yakoraga Kuri Radio na Televiziyo by’Igihugu,

*Minisitiri wagurishije iriya ndege yahawe avance ya $ 50 000,

*Yari afatanyije n’Umuyobozi wa Air Burundi…

Kuri uyu wa Gatanu tariki 21, Gicurasi, 2021 Perezida wa Repubulika y’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye indahiro ya Madamu Capitoline Niyonizigiye wagizwe Minisitiri w’ubucuruzi, ubwikorezi, inganda n’ubukerarugendo wasimbuye Immaculée Ndabaneze uherutse kwirukanwa mu mirimo ya Leta yose.

Capitoline Niyonizigiye arahira

Tariki 03, Gicurasi, 2021 nibwo byamekanye ko Perezida Evariste Ndayishimiye yirukanye Immaculée Ndabaneze wari Minisitiri ushinzwe ubwikorezi, ubucuruzi, inganda n’ubukerarugendo, azira ibikorwa byashoboraga kubangamira ubucuruzi bw’igihugu no gusiga icyasha isura y’u Burundi.

Amakuru yavugaga ko mu byo aregwa harimo ko yari aherutse  kugurisha mo indege yari isigaye ya Air Burundi, nta burenganzira abiherewe n’abamukuriye.

RFI yari  yatangaje ko hagati y’Ukuboza na Mutarama, Madamu Ndabaneze yagurishije indege Beechcraft 1900 ku bacuruzi bo muri Afurika y’Epfo, icyo gihe ngo yarabikora atabiherewe uburenganzira na Guverinoma ndetse nta n’uburyo bw’amategeko bubyemeza.

Umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’ibyaha bijyanye n’imitungo mu Burundi (Olucome), Gabriel Rufyiri, wanakurikiranye iki kibazo yari yavuze ko  uwo mugore hari byinshi yagombaga kubazwa.

Ndabaneze yirukanywe muri Guverinoma kubera kugurisha indege y’igihugu

Rufyiri yavuze ko uriya mu Minisitiri n’umuyobozi mukuru wa Air Burundi bafashe icyemezo cyo kwakira amafaranga y’ibanze (avance) ya $50.000 y’icyo kigo cyo muri Afurika y’Epfo, aza gukoreshwa inzego bireba zitarabyemeza.

Hari amakuru ko iriya ndege yari imaze imyaka hafi 10 idakoreshwa.

Immaculée Ndabaneze kandi akekwaho ibyaha byo kunyereza umutungo.

Capitoline Niyonizigiye yari asanzwe ari umuyobozi ushinzwe imari mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru cy’u Burundi kitwa RTNB( Radio-Television Nationale Burundaise)

Umuhango wo kwakira indahiro ye wabereye mu Ngoro y’Inteko ishinga amategeko y’u Burundi, hari n’abagize Guverinoma bose.

Mu ngoro y’Inteko ishinga amategeko y’u Burundi
Iyi ndege niyo yagurishijwe mu buryo Leta itazi
TAGGED:BurundifeaturedIndegeMinisitiriNdayishimiyeNiyonizigiyePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Martin Ngoga Yatorewe Kuyobora Komite Igenzura Imyitwarire Muri FIFA
Next Article Urumogi Rufite Agaciro Karenga Miliyoni 12 Frw Rwafatiwe Ngororero na Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?