Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Ingabo Za Israel Yirukanywe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Ingabo Za Israel Yirukanywe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2024 7:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yoav Gallant
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yirukanye Minisitiri w’Ingabo Yoav Gallant kubera kutumvikana ku migendekere y’intambara Israel imazemo iminsi.

Bivugwa ko ubwo bwumvikane buke bumaze igihe, hakaba n’abemeza ko bumaze igihe.

Minisiteri y’ingabo yahise ihabwa Israel Katz wari usanzwe ashinzwe ububanyi n’amahanga.

Yoav Gallant yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko azakomeza guharanira ko  umutekano wa Israel uba uw’ibanze mu byo akora.

Nyuma y’uko amakuru y’uko Gallant yirukanywe, hari abaturage bitashimishije bajya mu mihanda y’i Tel Aviv kubyamagana.

Zimwe mu ngingo bivugwa ko Gallant atumvikanagaho na Netanyahu ni iy’uko abaturage ba Israel bashimuswe na Hamas barekurwa binyuze mu bwumvikane,  intambara muri Gaza igahagarara.

Umuyobozi we avuga ko ibyo bitakunda ahubwo ko ari ngombwa kurasa Hamas ikava mu nzira, abo bantu bakabohorwa binyuze ku mbaraga za gisirikare.

Minisitiri Gallant ntiyumvaga kandi uburyo abaturage ba Israel bakomeye cyane mu idini ya Orthodox batajya bajya mu gisirikare.

Amakuru avuga ko mbere gato y’intambara iri muri Gaza, Netanyahu nabwo yirukanye Gallant ariko igitutu cy’abaturage gituma amusubiza mu mwanya we.

TAGGED:IngaboIntambaraIsraelMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Umwuzukuru Arakekwaho Kwica Nyirakuru
Next Article Trump Aragarutse, Ibidukikije Bigiye Kukabona
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?