Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Ingabo Z’u Burusiya Ntakiboneka Mu Ruhame, Bikekwa Ko Afunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Ingabo Z’u Burusiya Ntakiboneka Mu Ruhame, Bikekwa Ko Afunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2022 11:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Image processed by CodeCarvings Piczard ### FREE Community Edition ### on 2019-11-12 14:53:52Z | http://piczard.com | http://codecarvings.comChÿÇÊ®)
SHARE

Amakuru avuga ko Minisitiri w’ingabo z’ u Burusiya  Gen Sergei Shoigu agiye kumara ibyumweru bitatu ntawe umuca iryera, bigacyekwa ko yatawe muri yombi.

Aya makuru aravugwa mu gihe u Burusiya bumaze hafi ukwezi butangije intambara kuri Ukraine, ikaba ari intambara buvuga ko igamije kubuza Ukraine kujya muri OTAN/NATO.

Gen Shoigu w’imyaka 66 y’amavuko yabaye Minisitiri w’ingabo z’u Burusiya mu mwaka wa 2012.

Kuva icyo gihe kugeza ejo bundi ubwo yaburaga mu ruhame, Gen Sergei Shoigu yari asanzwe ari umuntu ukunda kuganira n’itangazamakuru akavuga ku ngingo nyinshi zireba ubuyobozi bw’ingabo n’ubw’igihugu muri rusange.

Ari mu batumye ubutegetsi bwa Putin bukorana bya hafi n’itangazamakuru.

Nyuma y’ibitero igihugu cye cyagabye muri Ukraine, Minisitiri Sergei  yatanze ibiganiro byinshi kuri radio na televiziyo zitandukanye asobanura ibya kiriya gitero.

Ibiganiro bye byaje guhagarara taliki 11, Werurwe, 2022.

Kuri iriya taliki yagaragaye muri Televiziyo y’Ikigo cy’u Burusiya gishinzwe itangazamakuru, RIA, ari gushima ko ingabo z’igihugu cye zatangije intambara kuri Ukraine kandi ko ziri kubyitwaramo neza.

Taliki 18, Werurwe, 2022 yasohotse itangazo ryavugaga ko uriya muyobozi yitabiriye inama yigaga ku kibazo cya Ukraine, yari yitabiriwe n’abandi bayobozi bakuru mu butegetsi bwa Vladmir Putin kandi iyo nama ni Putin ubwe wari uyiyoboye.

Ikinyamakuru kitwa Newsweek cyanditse ko amakuru kivana mu banyamakuru bakora inkuru zicukumbuye bakorera i Moscow avuga ko Gen Sergei Shoigu ashobora kuba yaratawe muri yombi.

Bivugwa ko kuba umuyobozi nk’uriya amaze hafi ibyumweru bitatu ataboneka mu ruhame cyangwa mu itangazamakuru ari ikintu kidasanzwe, gikwiye kwibazwaho.

Ngo ntibisanzwe ko umusirikare mukuru ufite inshingano nka ziriya amara igihe kingana kuriya nta cyo avuga kandi bizwi neza ko ingabo z’igihugu cye ziri mu ntambara.

Icyakora hari abavuga ko ashobora no kuba arwaye umutima umurembeje.

TAGGED:BurusiyafeaturedIngaboMinisiteriUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverinoma Y’u Rwanda Ifite Ihurizo Ryo Gutuma Urubyiruko Rukunda Ubuhinzi
Next Article AKUMIRO: RNC Ivuga Ko u Rwanda Rwahaye Ruswa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?