Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Asaba Abashoramari Kongera Ishoramari Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Asaba Abashoramari Kongera Ishoramari Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2024 2:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yatangizaga ku mugaragaro ibikorwa byo kubaka Umudugudu w’ikoranabuhanga Kigali Innovation City, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko niwuzura ukwiye kuzabera abashoramari mpuzamahanga amahirwe yo gushora mu Rwanda.

Ni umudugudu uzubakwa ku ngengo y’imari ya Miliyari $2, ariko amafaranga azajya ashorwa mu byiciro nk’uko Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB, Francis Gatare yabibwiye itangazamakuru.

Ngirente, ku ruhande rwe, avuga ko uretse kuba uriya mudugudu ari inyubako yihagazeho kubera ikoranabuhanga riyirimo, ari n’amahirwe ku bantu bafite impano n’ubundi buhanga ngo babwerekane bityo babone aho bahindurira inzozi zabo impamo.

Asanga niwuzura uzaba uburyo ku bashoramari bo hirya no hino kugira ngo baze kuhakorera imishinga yabo y’ikoranabuhanga.

Yemeza ko u Rwanda ruzakomeza kubaka ibikorwaremezo by’ingeri zitandukanye mu rwego rwo kuzamura abarutuye no gukurura abashoramari mpuzamahanga.

Ati: “ Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje bidasubirwaho kuzakora ku buryo ibizakorerwa muri uyu mudugudu w’ikoranabuhanga bigera ku ntego zatumye ubaho”.

Ngirente avuga ko mu byo u Rwanda ruzakora byose bizaba bishingiye ku ikoranabuhanga.

Ku ruhande rwe, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere, RDB, Francis Gatare avuga ko ishoramari rizakorerwa muri uriya mudugudu w’ikoranabuhanga rizagirira akamaro Abanyarwanda bose.

Asanga kandi rizafasha n’abandi bashaka kuza mu Rwanda kuhigira imishinga yazamura aho bakomoka kubona ahantu hazima ho kubikorera.

Gatare avuga ko kuba uriya mudugudu wubatswe mu cyanya gisanzwe kirimo za Kaminuza zikomeye ndetse na Kaminuza y’u Rwanda bizaha abanyeshuri n’abashakashatsi kubona aho bakorera akazi kabo.

Francis Gatare avuga ko Guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bashoye mu iyubakwa ry’uriya mudugudu hagamijwe ko uzungukira Abanyarwanda n’abandi bazashaka kuruzamo bakahahangira udushya mu ikoranabuhanga.

Ati: “ Aha muri Kigali Innovation City ni ahantu hateganyirijwe guhurira abantu bashaka gutangiza ibikorwa bya business zivanga ubumenyi n’ibikoresho ahenshi bishingiye ku bumenyi buba bwavuye mu bushakashatsi”.

Avuga ko muri uriya Mudugudu hazubakwa n’amacumbi y’abanyeshuri n’abandi bahakorera kugira ngo bazabone aho baba.

Umuyobozi wa RDB avuga ko haba mu kubaka uyu Mudugudu no mu kuzamura ibihakorerwa byose bizaha abantu akazi kandi ngo imirimo ihoraho igera ku 50,000 niyo izatangira ihakorerwa.

Ibikorwa by’ikoranabuhanga bizahakorerwa bizajya byinjiriza u Rwanda agera kuri miliyoni $150 ku mwaka.

Hagati aho mu kubaka uriya mudugudu hari Banki yatanze inguzanyo y’amafaranga y’ibanze mu kubaka kiriya gikorwaremezo.

Ni Banki yitwa BADEA, ikaba Banki y’Abarabu ishinzwe iterambere mpuzamahanga.

Uriya Mudugudu uzacungwa n’Ikigo Leta y’u Rwanda ifitemo imigabane cyitwa Kigali Innovation City Corporation.

Umushinga wose ufite ingengo y’imari ya Miliyari $2.

TAGGED:featuredGatareIkoranabuhangaInyubakoNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kubaka Umudugudu W’Ikorabuhanga Wa Miliyari $2
Next Article RDF Irashaka Kongera Ubufatanye N’Ingabo Za Bangladesh
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?