Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Avuga Ko Mu 2020 Umusaruro W’Ubuhinzi Bwazamutseho 6%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Minisitiri W’Intebe Avuga Ko Mu 2020 Umusaruro W’Ubuhinzi Bwazamutseho 6%

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2022 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagezaga ijambo ku Badepite Imitwe yombi, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko mu mwaka wa 2020 ubuhinzi bw’u Rwanda bwatanze umusaruro wazamutseho 6% mu gihe mu mwaka wa 2019 wari uri kuri 1%.

Minisitiri w’Intebe yabivuze kuri uyu wa Mbere taliki 04, Mata, 2022 ubwo yagezaga  ku Badepite uko ubuhinzi bw’u Rwanda buhagaze muri iki gihe u Rwanda ruri kwivana mu ngaruka z’icyorezo COVID-19.

Ingingo z’ingenzi Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagarutseho ni uruhare rw’ubuhinzi n’ubworozi mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu, uko ubuhinzi n’ubworozi mu bukungu bw’u Rwanda bwifashe, gahunda zo kugeza ku baturage inyongeramusaruro zo mu rwego rw’ubuhinzi bw’ibihingwa ngandurarugo na ngengabukungu ndetse n’uruhare bigira ku iterambere ry’ubuhinzi.

Yagarutse kandi kuri gahunda zo kugeza ku borozi inyongeramusaruro zo mu rwego rw’ubworozi.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko mu myaka itanu ishize ni ukuvuga guhera mu mwaka wa 2017 kugeza mu mwaka wa 2021, ku mpuzandengo y’umusaruro mbumbe w’u Rwanda, ubuhinzi n’ubworozi byagizemo uruhare rwa 25%.

Muri iyo myaka itanu impuzandengo y’izamuka ry’umusaruro mbumbe w’ubuhinzi n’ubworozi yari ku gipimo cya 5%.

By’umwihariko mu mwaka wa  2021, kubera ingamba zo kwirinda COVID-19, inzego nyinshi z’ubukungu zari zarahungabanye, urwego rw’ubuhinzi rwo rwakomeje gufashwa gukora.

Ibi ngo byatumye izamuka ryarwo rigera kuri 6% rivuye kuri 1% yo mu 2020.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko mu mwaka wa 2021, urwego rw’ubuhinzi ni rwo rwatanze imirimo myinshi mu Rwanda cyane cyane ku bantu baba bagejeje igihe cyo kwinjira mu kazi.

Dr Edouard Ngirente yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yishimira ko muri iki gihe urubyiruko ruri kwitabira ubuhinzi bukoresha uburyo bugezweho ni ukuvuga ubwo kuhira.

Taarifa izi ko hari Abanyarwanda benshi bagiye kwiga ubuhinzi buvuguruye muri Kaminuza zo muri Israel.

Amakuru twakuye muri Ambasade ya Israel mu Rwanda avuga ko guhera mu mwaka wa 2012 Abanyarwanda barenga 1200 bagiye muri kiriya gihugu kwiga ubuhinzi buvuguruye.

Ku bijyanye n’ishusho y’ubuhinzi n’ubworozi, kuva mu 2017, ubwo hatangizwaga Gahunda yo Kwihutisha Iterambere ry’Igihugu (NST1), kugeza umwaka ushize wa 2021, Minisitiri w’Intebe yabwiye Inteko ishinga amategeko, Imitwe yombi, ko umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi uri kuzamuka ku buryo bushimishije.

Ngo biterwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo kongera umusaruro Rwanda rwihaye.

Imwe muri izo ngamba ngo ni ikoreshwa ry’ifumbire no korohereza abahinzi kuyibona.

Yavuze ko mu buryo bw’imibare, umusaruro w’ibitoki wiyongereye ku gipimo cya 57%.

Mu 2021, wageze kuri toni 2.730.218 uvuye kuri toni 1.739.007 zo mu 2017.

Ikijumba cy’ibara ry’umuhondo

Ibinyabijumba (nk’ibirayi, imyumbati, ibijumba, n’ibindi) byongereye umusaruro ku gipimo cya 19% uvuye kuri toni 3.194.270  mu mwaka wa 2017 ugera kuri toni 3.787.761 mu mwaka wa 2021.

Umusaruro w’ibinyampeke (ibigori, umuceri, ingano n’ibindi) wiyongereyeho 16%,uvuye kuri toni 701.059 zo mu 2017 ugera kuri toni 809.833 mu mwaka wa 2021.

Uw’ibinyamisogwe (nk’ibishyimbo, amashaza, ubunyobwa, soya n’ibindi), wiyongereye ku gipimo cya 9%.

Imitega n’ibindi binyamisogwe nabyo byongereye umusaruro

Wavuye kuri toni 507.022 zo mu 2017 ugera kuri toni 551.544 zo mu 2021.

Umusaruro w’icyayi wagemuwe mu nganda wiyongereye ku gipimo cya 47% uvuye kuri toni 98.819 zo mu 2017-2018 ugera kuri toni 145.439 zo mu mwaka wa  2020-2021.

Imibare yatangajwe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ‘ivuga’ ko amadovize  ava mu cyayi cyoherezwa mu mahanga yiyongera.

Bivuze ko  mu 2020-2021 yageze kuri miriyari 90 z’amafaranga y’u Rwanda, avuye kuri miriyari 75 z’amafaranga y’u Rwanda mu 2016/17, ni ukuvuga ubwiyongere bwa 20%.

Ku birebana n’ikawa y’ibitumbwe isarurwa n’abahinzi, Dr Ngirente yavuze ko  umusaruro wiyongereye ku gipimo cya 3%.

Wavuye kuri toni 136.368 zo mu 2017-2018 ugera kuri toni 140.421 mu 2020-2021.

Ati: “ Aha murabizi ko ibiti by’ikawa byinshi dufite bimaze igihe, ubu tukaba tugeze igihe cyo kugenda tubisimbuza. Ariko n’ubwo bimeze bityo murabona ko umusaruro utasubiye inyuma kuko hakomeje gukoreshwa inyongeramusaruro. Ibi byatumye amadovize ava mu ikawa yoherezwa mu mahanga yiyongera, yavuye kuri miriyari 59 z’amafaranga y’u Rwanda mu 2016-2017 agera kuri miliyari 62 z’amafaranga y’u Rwanda mu 2020-2021, ni ukuvuga ubwiyongere bwa 5%.”

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ubwo yagezaga ku Nteko ishinga amategeko, Imitwe yombi, uko ubuhinzi n’ubworozi buhagaze muri iki gihe

Ku birebana n’indabo, mu mwaka wa 2020-2021, umusaruro w’indabo wariyongereye ugera kuri toni 1.194 uvuye kuri toni 705 mu 2017- 2018, bingana n’ubwiyongere bwa 69%.

Ibi byatumye amadovize ava mu ndabo zoherezwa mu mahanga yikuba inshuro 8.

Ku bireba ubuhinzi bw’ibireti, mu 2020-2021, umusaruro wabyo wariyongereye ugera kuri toni 30,4 z’umushongi utunganije neza uvuye kuri toni 23,3 zo mu 2017-2018, ni ukuvuga ubwiyongere bwa 31%.

Ibi byatumye amadovize ava mu bireti byoherezwa mu mahanga yiyongera ku buryo bugaragara. Page 6 of 25 20.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko muri rusange mu mwaka wa 2020-2021, ubuhinzi n’ubworozi bwinjirije u Rwanda  amadovize angana na miriyari 445 z’amafaranga y’u Rwanda, avuye kuri miriyari 357 z’aya mafaranga hagati y’umwaka wa  2016-2017, ibi bigaragaza ubwiyongere bwa 25%.

Abadepite n’Abasenateri bashimye ibyo Minisitiri w’Intebe yababwiye ariko bamusaba ko Guverinoma yakomeza koroshya uburyo bwo kugeza ifumbire ku bahinzi ariko hakibandwa ku ifumbire y’imborera kuko ari yo idatangiza ubutaka.

Bamusabye kandi ko Guverinoma yazateza imbere ibindi bihingwa bitataweho cyane kandi ngo bifite isoko ku ruhando mpuzamahanga.

Abagize Inteko ishinga amategeko, Imitwe yombi, bari baje kumva ibisobanuro bya Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente
TAGGED:featuredMinisitiriNgirenteRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Perezida Wa Zambia Yatembereje Kagame Mu Busitani Bw’Ibiro Bye
Next Article Umuyobozi W’Ibitaro By’Icyitegererezo Mu Burundi Yatawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?