Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Dr Ngirente Yahwituye Abarimu Abibutsa Imyitwarire Iboneye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Dr Ngirente Yahwituye Abarimu Abibutsa Imyitwarire Iboneye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2022 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umwarimu, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abarimu bagera ku 7000 ko kimwe mu bigomba gukomeza kubaranga ari imyitwarire iboneye.

Umunsi mpuzamahanga wahariwe umwarimu wabereye muri BK Arena.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente avuga ko ‘umwarimu akwiye kuba intangarugero aho ari hose, akarangwa n’ikinyabupfura ndetse n’isuku igomba kumuranga nk’Umunyarwanda.’

Dr.Ngirente avuga ko igihugu, ababyeyi n’umuryango nyarwanda muri rusange bakeneye uruhare rwa mwarimu m’ugutoza abana b’u Rwanda mu burere n’uburezi.

Avuga kandi ko  Guverinoma y’u Rwanda ishima akazi keza abarimu  bakora ndetse n’umusanzu batanga mu iterambere ry’igihugu muri rusange n’irya mwarimu by’umwihariko.

Abarimu bo mu Rwanda baherutse gushyirirwaho uburyo gutunga mudasobwa kugira ngo zibafashe mu kwihugura no kumenya uko imyigishirize igezweho ikorwa.

Ni ibyo bita Knowledge Based Economy.

Umwe mu barimu bo muri Zimbabwe bamaze iminsi mike bageze mu Rwanda, yavuze ko baje bariyemeje gufasha u Rwanda kugira abarimu bazi neza Icyongereza.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko kuba u Rwanda rwarashyizeho  gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri ari mu buryo bwo gufasha abana kurya kandi bakarya neza.

Avuga kandi ko kuba u Rwanda rwarahaye abarimu mudasobwa nta gihombo u Rwanda rubibonamo kuko ngo zifasha abarimu b’Abanyarwanda kwihugura.

Ibyo ni REB na NESA.

Leta yateye mwarimu ingabo mu bitugu…

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana iherutse kuvuga ko  hari Umushinga w’Itegeko Minisiteri ayoboye yagejeje ku Nteko ishinga amategeko wo kureba niba abarimu bahembwa macye batasonerwa umusoro, bakajya bafata umushahara wose.

Yabivuze ubwo yagezaga ku Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ingengo y’Imari y’umwaka utaha wa 2022/2023.

Muri Kanama, 2022, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangarije Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi, ko Guverinoma yamaze guteganya Miliyari Frw 5 zo gushyira mu kigega giha abarimu inguzanyo kitwa Umwarimu SACCO.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ariya mafaranga ashyizweho  mu gihe Leta yongerereye abarimu n’umushahara bitewe n’impamyabumenyi bahemberwaga ho.

Mu byo Minisitiri w’Intebe yatangaje ko byemejwe mu rwego rwo gufasha abarimu kugira imibereho myiza, harimo ko n’uko umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku  mpamyabumenyi y’amashuri yisumbuye (A2) yongerewe  Frw 50.849  k’umushahara utahanwa yahembwaga.

Umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku  mpamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1)  yongerewe Frw 44.966  ku mushahara utahanwa  yahembwaga.

Hongerewe ndetse n’umushahara utahanwa w’abayobozi  b’amashuri, abayobozi bungirije n’abandi bakozi bo mu  bigo by’amashuri ya Leta n’afatanya na Leta ku  bw’amasezerano.

TAGGED:featuredIntebeMinisitiriNgirenteRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bazajya Bishyura Parikingi Bakoresheje Airtel Money
Next Article Kubohora U Rwanda Ni Ikintu Kimwe Kurwubaka Bikaba Ikindi- Gen Kabarebe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?