Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Wa Bangladesh Yeguye Ahunga Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Wa Bangladesh Yeguye Ahunga Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2024 12:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imyigaragambyo ikomeye imaze iminsi muri Bangladesh yatumye Minisitiri w’Intebe  Sheikh Hasina  yegura ahita ahunga. Hari amakuru avuga ko ashobora kuba yahundiye mu Buhinde.

Muri iki gihugu hamaze iminsi hari abantu bigaragambya bagahangana na Polisi ndetse muri bo abagera kuri 200 bamaze gupfa.

Kuri iki Cyumweru abapfuye bonyine ni 94 barimo abapolisi 14.

Yahunze abifashijwemo na kajugujugu ya gisirikare nyuma y’uko abaturage bamennye inzugi z’ibiro bye bashaka kumusumira.

Bari bamaze iminsi basaba ko yegura ariko yararyumyeho, abima amatwi.

Televiziyo yo muri Bangladesh yitwa Channel 24 yerekanye amashusho y’abaturage babyina bishimiye ko Hasina abaviriye mu gihugu.

Imyigaragambyo yatumye yegura yatangiye abanyeshuri ba Kaminuza bamagana iringaniza Guverinoma yashyize mu gutanga akazi, bituma n’abandi batari abanyeshuri bajya mu mihanda bamagana ubuzima bavuga ko buhenze cyane.

Mu murwa mukuru Dhaka abaturage bari kubyina bishimira ko bahiritse Guverinoma, ikibazo gisigaye kikaba gushyiraho iyisimbura izabakemurira ibibazo.

Bamwe mu bakorana bya hafi na Hasina babwiye AFP ko yagiye mu gice atekaniyemo ariko kitavuzwe izina.

Icyakora amakuru yo avuga ko ashobora kuba yahungiye mu baturanyi bo mu Buhinde.

Sheikh Hasina afite imyaka 76.

Umugaba mukuru w’ingabo za Bangladesh  Waker-Uz-Zaman avuga ko hari kwigwa uko hashyirwaho Guverinoma nshya y’inzibacyuho.

Hasina yari amaze imyaka 15 ku butegetsi.

TAGGED:AbaturageBangladeshfeaturedGuhungaKweguraMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Georges Weah Avugwaho Ruswa Ku Butegetsi Bwe
Next Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Yahacanye Umucyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?