Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Wa Haïti YEGUYE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Intebe Wa Haïti YEGUYE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2024 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Igitutu cy’abarwanyi bo muri Haïti cyasabaga Minisitiri w’Intebe Ariel Henry kwegura cyageze ku ntego kuko yamaze gutangaza ko yeguye.

Ni nyuma y’uko yari amaze iminsi ataba mu gihugu kubera kwanga ko yagirirwa nabi.

Mu minsi ikabakaba irindwi ishize Henry yari yabujijwe gutaha mu gihugu cye nyuma y’uko yari yagiye muri Kenya kuganira n’ubuyobozi bwaho ku byerekeye kohereza abapolisi mu gihugu cye ngo bahangamure abarwanyi bigaruriye 80% by’igihugu cyose.

Aho aviriyeyo, yasanze abarwanyi bayobowe n’uwiyise Barbecue barafashe ikibuga cy’indege bavuga ko adakwiye kugaruka muri iki gihugu.

Yahise akomereza muri New Jersey aho yavuye ajya muri Puerto Rico, igihugu gisanzwe gicungwa n’ubuyobozi bw’Amerika.

Mu ntangiriro z’Icyumweru cyatangiye taliki 11, Werurwe, 2024 nibwo abarwanyi bamusabye kwegura niba adashaka ko mu gihugu cye haba Jenoside cyangwa ko gihinduka amaraso.

Mu masaha make ashize nibwo yatangaje ko yemeye kwegura mu rwego rwo kwanga ko ibintu byarushaho kuba bibi.

Hagati aho abantu bategereje kureba uko ibyo muri Haïti bizarangira cyane cyane ko iki gihugu kimaze igihe mu kajagari ka Politiki katumye kiba kimwe mu bihugu bikennye kurusha ibindi ku isi.

TAGGED:AbarwanyifeaturedHaitiIntebeMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Ububanyi N’Amahanga Wa Tanzania Ari Mu Rwanda
Next Article U Rwanda Na Tanzania Bigiye Gufungura Undi Mupaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?