Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Wa Sudani Afungiye Kwa Jenerali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Intebe Wa Sudani Afungiye Kwa Jenerali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2021 3:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gen Abdel Fattah Al-Burhane yatangaje ko Minisitiri w’Intebe wa Sudani aherutse guhirika ku butegetsi witwa Abdallah Hamdok yahise amufungira iwe[kwa Jenerali] kandi azasohoka yo ari uko akaduruvayo gashize mu gihugu.

Umuryango mpuzamahanga wasabye ko uriya musivili arekurwana n’abandi bafunganywe kugira kandi agahenge kakagaruka muri Sudani.

Gen Burhane AFP  ati: ‘Afungiye iwanjye, afite ubuzima bwiza kandi azasohoka ari uko ibintu byasubiye mu buryo.”

Inzego za gisirikare muri Sudan ejo nibwo zataye muri yombi Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok n’abaminisitiri benshi, mu gikorwa gisa no gusubiza ububasha bwose mu maboko y’abasirikare nk’uko amakuru ava muri icyo gihugu abyemeza.

Kuri uyu wa Mbere ibintu byazindutse bimeze nabi muri Sudan, internet ikurwaho ndetse n’irindi tumanaho ryose ntaryakora.

Inzego ziharanira demokarasi muri Sudan zahise zisaba abaturage kwirara mu mihanda, ngo zikumire umugambi w’igisirikare.

Minisiteri y’Itangazamakuru muri Sudan yatangarije kuri Facebook ko abantu bitwaje intwaro bafashe Minisitiri w’Intebe Hamdok bakamujyana mu nzu afungiwemo.

Sudan yari imaze iminsi ibintu byifashe nabi, nyuma y’uko mu kwezi gushize byatangajwe ko haburijwemo umugambi wo guhirika ubutegetsi.

Abantu benshi barimo abasirikare bahise batabwa muri yombi.

Ni ibintu byongereye umwuka mubi hagati y’abategetsi ba gisirikare na gisivili, bayoboye igihugu mu nzibacyuho guhera muri Kanama 2019, nyuma y’ihirikwa rya Omar al-Bashir wayoboraga icyo gihugu.

TAGGED:featuredImyigaragambyoJeneraliSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwasinyanye Na BioNTech Amasezerano Yo Gutangiza Uruganda Rw’Inkingo
Next Article Ibintu 5 Bimaze Kumenyekana Ku Mushinga Wo Gukorera Inkingo Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?