Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe W’u Buyapani Yatewe Igisasu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Intebe W’u Buyapani Yatewe Igisasu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2023 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku bw’amahirwe ye ndetse n’abamurinda, igisasu cyapfuye kidahitanye cyangwa ngo gikomeretse Minisitiri w’intebe w’u Buyapani witwa Fumio Kishida wari uri mu ruhame aganira n’abaturage.

Kishida yari mo ageza ijambo ku baturage ubwo yajyaga kumva akumva ikintu kiraturitse.

Abamurinda bamutabaye bamuvana aho igitaraganya ndetse n’ukekwaho gutera icyo gisasu bita ‘smoke bomb’ arafatwa.

Uwabibonye yabwiye itangazamakuru ryo mu Buyapani ko yagiye kubona abona umuntu ateye ikintu gicumba umwotsi nyuma gikurikirwa n’urusaku.

Icyakora ngo nta muntu wahakomerekeye cyangwa ngo ahagwe.

Kuri televiziyo y’igihugu y’u Buyapani yitwa NHK hagaragajwe amashusho y’abantu bakizwaga n’amaguru nyuma y’ibyari birangije kuba.

Abamurinda bamutabaye bamuvana aho igitaraganya

Minisitiri Kishida yahuye n’ibi bizazane nyuma yo kuzenguruka agace ka Wakayama gakorerwamo ubworozi bugezweho bw’amafi.

U Buyapani ni kimwe mu bihugu bitekanye kurusha ibindi ku isi.

Icyakora mu minsi ishize havuzweyo ikibazo cy’umutekano muke ubwo uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu witwa Shinzo Abe yarashwe n’umuturage amuturutse mu bitugu.

Abaturage b’u Buyapani bamaze iminsi bafitiye umujinya Polisi yabo nyuma y’urupfu rwa Shinzo Abe.

Ntibiyumvisha uko umuntu yaje agera mu ntera yegereye cyane umunyacyubahiro kandi afite ikintu giturika kugeza ubwo amurashe agapfa.

Uwahoze ari Komiseri Mukuru wa Polisi y’u Buyapani yahise yegura.

TAGGED:BuyapanifeaturedFumioIntebeMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwibuka 29: Rwamagana Niyo Yagaragayemo Ingengabitekerezo Ya Jenoside Kurusha Ahandi
Next Article Uwatanze Ubuhamya Bw’Uko Yarokotse Jenoside Yaranduriwe Imyaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?