Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Yagarutse K’Ubufatanye Bwa Leta N’Abikorera Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Minisitiri W’Intebe Yagarutse K’Ubufatanye Bwa Leta N’Abikorera Muri Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2023 1:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yahaye abitabiriye Inama mpuzamahanga y’ibigo by’ubwiteganyirize iri kubera mu Rwanda, Minisitiri w’Intebe Dr. Edoaurd Ngirente yavuze ko kugira ngo ibihugu by’Afurika byongere kubaka ubukungu burambye, imikoranire inoze y’inzego ari ngombwa.

Izo nzego ni urwa Leta ndetse n’urw’abikorera ku giti cyabo.

Inama iri kubera mu Rwanda yahuje ibigo by’Afurika bitanga serivisi z’ubwiteganyirize ziri mu kitwa African Trade and Investment Development Insurance.

Iri kwigirwamo uko ibihugu by’Afurika byakorana kugira ngo byivane mu ngaruka byatewe n’ingamba zikakaye ibihugu kugira ngo birinde ababituye kwandura COVID-19.

Minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko ibyabaye mu myaka ibiri ishize byadindije izamuka ry’ubukungu bw’isi k’uburyo ubu buri kuzamuka ku mpuzandengo ya 2.5% muri rusange.

Ibi kandi ngo nta kintu kinini bizahindukaho ku rwego rw’isi kuko  ubukungu bwayo buzazamuka ku kigero cya 3% mu myaka itanu iri imbere.

Avuga ko uyu muvuduko ari wo muto ubayeho mu gihe cy’imyaka 30 ishize.

Ashingiye kuri iyi ngingo, Dr. Ngirente avuga ko kugira ngo urwego rw’imari rw’ibihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara bizasaba ko inzego za Leta z’ibyo bihugu zikorana bya hafi n’abikorera ku giti cyabo.

Ibi ngo bizatuma haboneka amafaranga ahagije yo kwifashisha mu ishoramari mu nzego z’uburezi, ubuzima n’ibikorwa remezo.

Ku rundi ruhande, Ngirente avuga ko ari ngombwa ko ibigo bitanga ubwishingizi bishyiraho uburyo bwo kwishingira imishinga igamije kuzahura inzego zivuzwe haruguru.

Ibi byose ngo bigomba gukorwa hirindwa gusesagura amafaranga cyangwa ngo hakorwe imibare nabi bitumen ibyari bigambiriwe bitagerwaho.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda avuga ko kugira ngo ibyo byose bikorwe neza, ari ngombwa ko za Leta zoroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, isoko ry’Afurika rigakomeza kwaguka.

Dr. Ngirente yabwiye abari bamuteze amatwi ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’amahanga kugira ngo intego z’Afurika zizagerweho.

TAGGED:featuredImariIntebeMinisitiriNgirenteRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bice Bimwe By’Ubushinwa Ubushyuhe Bwageze Kuri 40°C
Next Article Hafi ½ Cy’Abanyarwanda Bavuga Ururimi Rw’Amahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Abanyarwanda Babiri Baguye Mu Mpanuka Yabereye Uganda

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibishanga Bya Kigali Biri Gutunganywa Bizatahwa Muri Kamena 2026-REMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?