Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 October 2025 7:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w'Intebe Dr. Justin Nsengiyumva ubwo yatangizaga iyi nama.
SHARE

Justin Nsengiyumva uyobora Guverinoma y’u Rwanda ubwo yatangizaga Inama mpuzamahanga yiga k’ubuziranenge iri kubera i Kigali, yavuze ko iyo bushyizwe imbere mu byo abantu bakora bwunganira iterambere, abantu bose bakabyungukiramo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 06, Ukwakira, 2025 nibwo yatangirije iyo nama bise International Organization for Standardization (ISO) Annual Meeting 2025.

Minisitiri w’intebe Dr. Justin Nsengiyumva avuga ko kugira ngo ibikorerwa mu nganda bigirire abantu akamaro karambye, ari ngombwa ko biba byujuje ubuziranenge.

Iyo bitabufite bigirira nabi ababikoresha kandi ibyo byago biba bishobora kugera ku bantu biturutse  ku gicuruzwa icyo ari cyo cyose.

Nsengiyumva yibukije abitabiriye iyo nama ko mubyo bagomba kwigaho hagomba kubamo no kureba uko imikoranire y’ibihugu yakongerwa, abahanga bo mu gihugu kimwe bagahana amakuru n’abo mu kindi.

Kuri Dr. Nsengiyumva, ayo makuru ni ingenzi mu gukora ibicuruzwa cyangwa ibikoresho bigirira abacuruzi n’abaguzi akamaro bityo n’inganda zikunguka.

Ati: “Guharanira ubuziranenge ni iby’ingenzi mu gutuma ibikorerwa mu nganda bigirira akamaro ibihugu, bikaba n’uburyo bwo guharanira iterambere rirambye.”

Imbwirwaruhame ye ikubiyemo n’urugendo u Rwanda rwakoze mu gutuma inganda zarwo zikora ibyujuje ubuziranenge hashingiwe ku mabwiriza n’ibipimo mpuzamahanga.

Yemeza  ko gukurikiza ibyo byatumye igihugu kigira ubucuruzi bwizewe haba mu bigurirwa imbere mu gihugu n’ibyo cyohereza hanze.

Asanga ibyo bitari kugerwaho hatari ubufatanye bw’abaturage bafite ubuyobozi bwiza kandi basangiye icyerekezo.

Iyi nama mpuzamahanga izamara iminsi itanu, ikaba yitabiriwe n’abanyapolitiki, abahanga, abanyenganda, abacuruzi, abanyeshuri, abanyamakuru mpuzamahanga n’abandi bafite aho bahuriye n’ibikorerwa mu nganda.

Abahanga baturutse mu bihugu 176 nibo bitabiriye iyi nama y’iminsi itanu.

Muri iki gihe cyose abantu 1000 bitabiriye iyi nama bazasangizanya ubuhanga byo bamwe bakoze bakabisangize abandi, abafite ikoranabunanga mu bwenge buhangano bamurike ibyo bakora kandi n’abanyeshuri ba za Kaminuza harimo n’iy’u Rwanda bagire aho berekanira ubuhanga bwabo.

TAGGED:featuredIbikorwaremezoIkoranabuhangaIngandaKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yongeye Gukebura Abayobozi Basubiramo Amakosa
Next Article Hari Icyo Sena Yifuza Ku Banyarwanda Baba Mu Mahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?