Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Wo Mu Bufaransa Yajyanywe Mu Bitaro Nyuma Yo Kwandura COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri Wo Mu Bufaransa Yajyanywe Mu Bitaro Nyuma Yo Kwandura COVID-19

admin
Last updated: 25 March 2021 5:30 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Umuco mu Bufaransa yabaye uwa kabiri mu bagize guverinoma y’icyo gihugu ujyanywe mu bitaro nyuma yo kwandura COVID-19, mu gihe abandura bakomeje kwiyongera muri icyo gihugu.

Minisitiri Roselyne Bachelot w’imyaka 74 byatangajwe ko yanduye mu mpera z’icyumweru gishize, aza kujyanwa mu bitaro nyuma y’uko kuva ku wa Kabiri yari akomeje kugaragaza ibimenyetso bikomeye by’iyo ndwara.

RFI yatangaje ko uwo mugore arimo kumera neza, ndetse amakuru avuga ko yajyanwe mu bitaro kugira ngo arusheho kwitabwaho.

Mu gihe uyu yajyanywe mu bitaro, Minisitiri w’Umurimo Elisabeth Borne w’imyaka 59 we yasezerewe mu bitaro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gihe u Bufaransa bukomeje guhangana no gukumira ubwandu bushya bwoneye kuzamuka, Paris iri mu duce twibasiwe cyane.

Kugeza ubu abantu barembye bamaze kugera ku 4.634, hari ubwoba ko bashobora no kurenga umubare wo hejuru wabayeho mu mwaka ushize ubwo bageraga ku 4.900.

Kuri uyu wa Kane Leta y’u Bufaransa yongereye igihe cya guma mu rugo mu duce twa Rhône, Aube na Nièvre kugeza ku wa 16 Mata, twiyongera ku murwa mukuru Paris washyizwe muri guma mu rugo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa aheruka gutangaza ko bagiye kongera imbaraga mu gutanga inkingo z’icyorezo cya COVID-19.

Kugeza ubu abantu bamaze guhabwa urukingo rwa mbere mu Bufaransa ni miliyoni 6.4, bangana na 9.5 ku ijana by’abaturage bose.

- Advertisement -
TAGGED:COVID-19Roselyne Bachelot
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gahunda Nshya Yo Korohereza Inganda Yitezweho Kwinjiza Miliyari 1000 Frw
Next Article Rayon Sports Yongereye Amasezerano Na Skol Kuri Miliyoni 600 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?