Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Ubuhinzi Avuga Ko Abanyarwanda Banywa Litiro 78 Ku Mwaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Minisitiri W’Ubuhinzi Avuga Ko Abanyarwanda Banywa Litiro 78 Ku Mwaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2024 3:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri Dr Musafiri Ildephonse ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi avuga ko ingo 80% z’Abanyarwanda zihagije ku biribwa kandi ngo Abanyarwanda banywa Litiro 78 z’amata ku mwaka.

Ni imibare y’impuzandengo nk’uko uyu muyobozi abyemeza.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Musafiri Ildephonse

Yabibwiye abitabiriye Inama y’igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19.

Dr. Musafiri avuga ko mu mwaka wa 2017, ingo zihazaga mu biribwa zari 28% gusa.

Yongeyeho ko buri Munyarwanda anywa litiro 78 z’amata ku mwaka.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi asaba abahinzi kwita ku musauro bakawuhunika kugira ngo ejo batazabura icyo kurya.

Icyakora Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifite ingamba z’igihe kirekire zo gukemura izo mbogamizi.

Muri izo ngamba harimo gufasha urugo rw’Umunyarwanda kweza bihagije akihaza mu biribwa binyuze mu guhinga ubutaka bwegeranyijwe, kuhira, gukoresha inyongeramusaruro, kwigisha abahinzi guhinga neza no kongera ubwiza bw’imbuto.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu cyo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) Dr. Télésphore Ndabamenye nawe yemera ko hari aho Abanyarwanda bataragera bihaza mu biribwa.

Indi ngingo ivugwa na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu gushaka icyatuma Abanyarwanda bose mu ngo zabo bihaza mu biribwa ni ugukoresha umwimerere w’ibyo basanganywe nk’ifumbire y’imborera ituruka mu bintu bisanzwe bikoreshwa.

Abanyarwanda ngo bihagije mu biribwa

Mu Rwanda abahinzi bakoresha ifumbire y’imborera barenga 70% mu bahinzi banini, mu gihe abagera kuri 30% bayikoresha ari abahinzi bato.

Uko bimeze kose igihe cyose Abanyarwanda batarihaza mu biribwa, iterambere ryabo rizadindira kuko, nk’uko umugani wabo ubivuga, ikirima ni ikiri mu nda.

TAGGED:AmatafeaturedMusafiriUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yabwiye Abibwira Ko Bazatera u Rwanda Bibeshya
Next Article Rubavu: Abanyamadini Bashimirwa Uruhare Mu Kwimakaza Isuku Mu Baturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?