Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Uburezi Wa RDC Yafatiwe i Brazzaville Ahunze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Uburezi Wa RDC Yafatiwe i Brazzaville Ahunze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2021 8:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Willy Bakonga wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Ushinzwe amashuri abanza, ayisumbuye n’imyuga muri guverinoma icyuye igihe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, RDC, yatawe muri yombi akekwaho kunyereza umutungo wa leta.

Bakonga yafatiwe i Brazzaville kuri uyu wa Kabiri ku busabe bwa Leta ya Kinshasa, nk’uko AFP yabitangaje. Yafashwe agiye kwerekeza i Paris, na Air France.

Yahamagajwe n’ubushinjacyaha ku wa 16 Mata kugira ngo abazwe ku byaha akekwaho byo kunyereza umutungo wa leta, ariko ntiyitaba.

Uyu mugabo yanabaye minisitiri wa siporo ku butegetsi bwa Joseph Kabila. Yari muri Minisiteri y’uburezi guhera muri Kanama 2019, kugeza ubwo mu minsi ishize iyi Guverinoma yeguraga.

Amakuru yemejwe avuga ko ubu “afungiwe mu biro bishinzwe iperereza, Centrale d’intelligence et de la documentation.”

Afashwe nyuma y’uko uwahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe guhemba abarimu n’umugenzuzi mukuru wa Minisiteri y’uburezi, ku wa 25 Werurwe bakatiwe gufungwa imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza umutungo.

Ni nyuma y’uko muri Gashyantare Banki y’Isi yahagaritse inkunga yua miliyoni $100 yagombaga gutangwa kugira ngo imfashe abana kwigira ubuntu, kubera ibirego bya ruswa.

TAGGED:BrazzavillefeaturedTshisekediWilly Bakonga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dosiye Ya Munyenyezi Béatrice Yashyikirijwe Ubushinjacyaha
Next Article Ingabo Za Kenya Zitegerejwe Muri RDC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?