Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Uburezi Wa RDC Yafatiwe i Brazzaville Ahunze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Uburezi Wa RDC Yafatiwe i Brazzaville Ahunze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2021 8:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Willy Bakonga wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Ushinzwe amashuri abanza, ayisumbuye n’imyuga muri guverinoma icyuye igihe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, RDC, yatawe muri yombi akekwaho kunyereza umutungo wa leta.

Bakonga yafatiwe i Brazzaville kuri uyu wa Kabiri ku busabe bwa Leta ya Kinshasa, nk’uko AFP yabitangaje. Yafashwe agiye kwerekeza i Paris, na Air France.

Yahamagajwe n’ubushinjacyaha ku wa 16 Mata kugira ngo abazwe ku byaha akekwaho byo kunyereza umutungo wa leta, ariko ntiyitaba.

Uyu mugabo yanabaye minisitiri wa siporo ku butegetsi bwa Joseph Kabila. Yari muri Minisiteri y’uburezi guhera muri Kanama 2019, kugeza ubwo mu minsi ishize iyi Guverinoma yeguraga.

Amakuru yemejwe avuga ko ubu “afungiwe mu biro bishinzwe iperereza, Centrale d’intelligence et de la documentation.”

Afashwe nyuma y’uko uwahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe guhemba abarimu n’umugenzuzi mukuru wa Minisiteri y’uburezi, ku wa 25 Werurwe bakatiwe gufungwa imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza umutungo.

Ni nyuma y’uko muri Gashyantare Banki y’Isi yahagaritse inkunga yua miliyoni $100 yagombaga gutangwa kugira ngo imfashe abana kwigira ubuntu, kubera ibirego bya ruswa.

TAGGED:BrazzavillefeaturedTshisekediWilly Bakonga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dosiye Ya Munyenyezi Béatrice Yashyikirijwe Ubushinjacyaha
Next Article Ingabo Za Kenya Zitegerejwe Muri RDC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

Ubusinzi Burakomeje Mu Batwara Ibinyabiziga- Polisi

Ese Uburundi Burashaka Gufasha DRC No Muri Dipolomasi?

Icyorezo Cya Marburg Cyandutse Muri Ethiopia 

Amerika Imaze Kwica Abanya Venezuela 80 Guhera Muri Nzeri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Uhagarariye u Rwanda Muri Singapore Yahaye Perezida Wayo Impapuro Zibimwemerera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Icyizere Cy’Uko Ukraine Izatsinda Intambara Irwana N’Uburusiya Ni Gike

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Abantu 40 Bapfiriye Mu Kirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubuzima

Rwanda: Ibicurane Byakuye Bamwe Umutima, Minisanté Irahumuriza Abantu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?