Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Uburezi Wa RDC Yafatiwe i Brazzaville Ahunze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Uburezi Wa RDC Yafatiwe i Brazzaville Ahunze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2021 8:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Willy Bakonga wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Ushinzwe amashuri abanza, ayisumbuye n’imyuga muri guverinoma icyuye igihe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, RDC, yatawe muri yombi akekwaho kunyereza umutungo wa leta.

Bakonga yafatiwe i Brazzaville kuri uyu wa Kabiri ku busabe bwa Leta ya Kinshasa, nk’uko AFP yabitangaje. Yafashwe agiye kwerekeza i Paris, na Air France.

Yahamagajwe n’ubushinjacyaha ku wa 16 Mata kugira ngo abazwe ku byaha akekwaho byo kunyereza umutungo wa leta, ariko ntiyitaba.

Uyu mugabo yanabaye minisitiri wa siporo ku butegetsi bwa Joseph Kabila. Yari muri Minisiteri y’uburezi guhera muri Kanama 2019, kugeza ubwo mu minsi ishize iyi Guverinoma yeguraga.

Amakuru yemejwe avuga ko ubu “afungiwe mu biro bishinzwe iperereza, Centrale d’intelligence et de la documentation.”

Afashwe nyuma y’uko uwahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe guhemba abarimu n’umugenzuzi mukuru wa Minisiteri y’uburezi, ku wa 25 Werurwe bakatiwe gufungwa imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza umutungo.

Ni nyuma y’uko muri Gashyantare Banki y’Isi yahagaritse inkunga yua miliyoni $100 yagombaga gutangwa kugira ngo imfashe abana kwigira ubuntu, kubera ibirego bya ruswa.

TAGGED:BrazzavillefeaturedTshisekediWilly Bakonga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dosiye Ya Munyenyezi Béatrice Yashyikirijwe Ubushinjacyaha
Next Article Ingabo Za Kenya Zitegerejwe Muri RDC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?