Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Uburezi Wa RDC Yafatiwe i Brazzaville Ahunze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri W’Uburezi Wa RDC Yafatiwe i Brazzaville Ahunze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2021 8:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Willy Bakonga wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Ushinzwe amashuri abanza, ayisumbuye n’imyuga muri guverinoma icyuye igihe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, RDC, yatawe muri yombi akekwaho kunyereza umutungo wa leta.

Bakonga yafatiwe i Brazzaville kuri uyu wa Kabiri ku busabe bwa Leta ya Kinshasa, nk’uko AFP yabitangaje. Yafashwe agiye kwerekeza i Paris, na Air France.

Yahamagajwe n’ubushinjacyaha ku wa 16 Mata kugira ngo abazwe ku byaha akekwaho byo kunyereza umutungo wa leta, ariko ntiyitaba.

Uyu mugabo yanabaye minisitiri wa siporo ku butegetsi bwa Joseph Kabila. Yari muri Minisiteri y’uburezi guhera muri Kanama 2019, kugeza ubwo mu minsi ishize iyi Guverinoma yeguraga.

Amakuru yemejwe avuga ko ubu “afungiwe mu biro bishinzwe iperereza, Centrale d’intelligence et de la documentation.”

Afashwe nyuma y’uko uwahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe guhemba abarimu n’umugenzuzi mukuru wa Minisiteri y’uburezi, ku wa 25 Werurwe bakatiwe gufungwa imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza umutungo.

Ni nyuma y’uko muri Gashyantare Banki y’Isi yahagaritse inkunga yua miliyoni $100 yagombaga gutangwa kugira ngo imfashe abana kwigira ubuntu, kubera ibirego bya ruswa.

TAGGED:BrazzavillefeaturedTshisekediWilly Bakonga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dosiye Ya Munyenyezi Béatrice Yashyikirijwe Ubushinjacyaha
Next Article Ingabo Za Kenya Zitegerejwe Muri RDC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?