Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Ubutabera ‘Yibukije’ Abagenzacyaha Ibyaha Byugarije U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Minisitiri W’Ubutabera ‘Yibukije’ Abagenzacyaha Ibyaha Byugarije U Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2022 12:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubutabera Dr Emmanuel Ugirashebuja yabwiye abagenzacyaha bari barangije amahugurwa y’ibanze mu by’ubugenzacyaha ko ibyaha byugarijwe u Rwanda muri iki gihe ari byinshi ariko ibigaruka kenshi ari ibimunga ubukungu kandi bifitanye isano n’iterambere n’ikoranabuhanga.

Si ibyo gusa ariko kuko hari n’iby’ihohoterwa rikorerwa abana, abagore n’abakobwa basammbanywa ku ngufu, icuruzwa ry’abantu n’ibindi.

Dr Ugirashebuja yavuze ko ibyaha byugarije Abanyarwanda muri iki gihe bifite indi sura, bityo ko no kubigenza bisaba ko abantu bahora bihugura.

Yashimye Polisi y’u Rwanda yatanze ariya mahugurwa ku bagenzacyaha, avuga ko bigaragaza imikoranire myiza.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Dr Emmanuel Ugirashebuja yabwiye abarangije amasomo y’ubugenzacyaha bw’ibanze ati: “Mbahaye ikaze mu muryango mugari w’urwego rw’ubutabera. RIB imaze imyaka ine itangiye gukora kandi ndashima ubwitange bw’uru rwego kandi bugaragarira buri wese.”

Yavuze ko mu mwaka wa 2021, yagarutse cyane ku byaha bibangamiye iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.

Avuga ko n’ubwo Abanyarwanda badashobora gusubiza inyuma cyangwa ngo bagenze buhoro umuvuduko w’iterambere ariko ngo ni ngombwa ko abantu bamenya uko ritera imbere, bakamenya uko abanyabyaha baryitwikira bagakora ibyaha bityo hakabaho uburyo bwo kubatahura, kubakumira ndetse no kugeza ibyaha baba bakoze.

Dr Ugirashebuja yavuze kandi ko abagenzacyaha bagomba gushimirwa ko bize kandi barahiriye kuzakora neza akazi k’ubugenzacyaha ku nzego zose z’ubumenyi bahawe.

Abanyeshuri bahawe impamyabumenyi barangije icyiciro cy’ubugenzacyaha bw’ibanze ariko bazakomeza kwihugura mu byiciro byihariye by’ubugenzacyaha bitewe n’ubumenyi bafite kandi bumva bifuza guteza imbere.

Mu ijambo Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha( Rtd)Col Jeannot Ruhunga yibukije abarangije amahugurwa ko ibyo bize bitagomba kuba amasigarakicaro ahubwo bagakora ibyo bize.

Ati: “ Ndasaba abarangije amasomo kuri uyu munsi ko ibyo bize bagomba kubishyira mu bikorwa. Kandi nishimira ko buri cyiciro kirangije amasomo kiza cyarize kandi gikora neza kurushaho  icyakibanjirije.”

Yabasezeranyije ko RIB izakomeza gukorana neza na Ishuri rya Polisi rya Musanze kandi ikaryoherereza abanyeshuri kugira ngo bakomeze bahugurwe kandi ngo bigirira akamaro Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Abagenzacyaha bahawe impamyabumenyi mu bugenzacyaha bw’ibanze kuri iyi nshuro ni abagize icyiciro cya gatanu.

Ubusanzwe ubugenzacyaha buba bugamije kubona, gukusanya no gusesengura ibimenyetso bifatika biherwaho hakorwa dosiye ivuga ko runaka ukekwaho icyaha runaka hari impamvu zumvikana zigomba gutuma igezwa mu bushinjacyaha runaka agakurikiranwa.

Barahiriye kutazatatira igihango kigendanye n’akazi kabo

Inshingano eshatu z’Urwego rw’Ubugenzacyaha ni ugutahura ibyaha, gukumira ko ibyaha bikorwa, ariko byakorwa abakozi b’uru rwego bakabigenza.

Kubigenza niwo mwihariko wa RIB nk’Urwego rwashyizweho n’Itegeko N° 12/2017  ryo kuwa 07/04/2017 nk’uko byasohotse mu Igazeti ya Leta yasohotse Taliki 20/04/2017.

TAGGED:featuredMinsiitiriMusanzePolisiRIBRuhungaUbutaberaUgirashebuja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Abize ‘Ubugenzacyaha Bw’Ibanze’ Bahawe Impamyabumenyi
Next Article Ibihe Turimo Bituma Abaturage Bacu Batihaza Mu Biribwa- PM Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUtuntu n'Utundi

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?