Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Umuryango Yagize Icyo Avuga Ku Miryango Y’Abatutsi Yazimye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri W’Umuryango Yagize Icyo Avuga Ku Miryango Y’Abatutsi Yazimye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2023 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Prof Jeannette Bayisenge uyobora Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yabwiye abitabiriye umuhango wo kwibuka imiryango y’Abatutsi yazimye ko icyuho iriya miryango yasigiye u Rwanda ari kinini. Buri wese agomba guharanira kukizima.

Hari mu gikorwa cyabereye kuri Stade ya Bugesera cyateguwe na GAERG.

Minisitiri Bayisenge yavuze ko imiryango yazimye yibukwa zari imbaraga zikomeye igihugu cyatakaje.

Avuga ko u Rwanda rw’ubu rufite umukoro wo kubaka umuryango ukomeye kandi ushoboye mu buryo bwose, ibi bikazafasha mu kwiyaka ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bayisenge ati:“Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu, duharanira ko amazina yabo atibagirana, tukibuka ibikorwa byiza byabarangaga, tukabisigasira tugira tuti “Ntibazazima Turiho”.

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yashimye abagize GAERG kubera ko kwibuka imiryango y’Abatutsi yazimye ari ukubaha icyubahiro, kuzirikana akamaro bari bifitiye n’ako bari bafitiye igihugu no gukomeza kwiyemeza ko Jenoside itazongera ukundi.

Avuga ko gufata umwanya wo kwibuka imiryango yazimye ari igihango ku bayirokotse.

Ngo ni uguha abari bagize iyi miryango agaciro bambuwe n’ababishe, bibwira ko bazimije imiryango yabo.

Yunzemo ko ikibabaje kurushaho ari uko ubuyobozi bwari mu gihugu muri icyo gihe, butabarengeye kandi ari yo nshingano y’ubuyobozi ubwo ari bwo bwose.

- Advertisement -

Ati: “…Ibi bigaragaza ubukana n’igihe byafashe mu gucengeza amacakubiri mu muryango nyarwanda kugeza ubwo Umunyarwanda yishe umuturanyi we babanye, akamwicana n’abe bose agamije kuzimya izina rye n’umuryango we wose, amuziza uko yavutse!”

Kugeza ubu imiryango yabaruwe yazimye ni 15,593 igizwe n’abanyamuryango 68,871.

Ibi bivuze ko umugabo, umugore n’abana babo bose bari bagize iriya miryango  bishwe ntihagire n’umwe urokoka.

Nk’umushyitsi mukuru, Minisitiri Bayisenge yasomye amazina  y’Abatutsi bari bagize umwe mu miryango yazimye.

Abo yavuze ni abahoze batuye mu Murenge wa Gacurabwenge(mu Karere ka Kamonyi) bakaba bariciwe ahitwa ku Kigembe.

Bari bagize umuryango wa Gasasira Léonard n’umugore we Nyiramuhanda Pérpètue; aba bombi bakaba bari bafite  abana barindwi ari bo: Feresi, Salome, Ndangiza, Bamurange, Cyaruhuga, Consolata na Nzovu.

Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyaraye kibereye kuri Stade ya Bugesera kitabiriwe n’abantu 4000.

Kwibuka imiryango y’Abatutsi yazimye ni igikorwa ngarukamwaka, gitegurwa kandi kikayoborwa na GEARG, umuryango mugari w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bize Kaminuza.

Abantu 4000 nibo bitabiriye uyu muhango
TAGGED:AbatutsiBayisengeBugeserafeaturedImiryangoJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Al Ahly Yo Mu Misiri Yatwaye BAL 2023
Next Article Umuyahudi Yakinnye Filimi Ari Umu Nazi Wa Hitler
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?