Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Umutekano Mu Rwanda Avuga Ko Amakimbirane Mu Bantu Ari Karande
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Minisitiri W’Umutekano Mu Rwanda Avuga Ko Amakimbirane Mu Bantu Ari Karande

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2022 4:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’umutekano Alfred Gasana avuga ko amateka yigisha ko mu bantu amakimbirane, ari nayo akurura umutekano muke, ari karande. Bisa n’ibyo Abanyarwanda bavuze ko ‘nta zibana zidakomanya amahembe.’

Minisitiri Alfred Gasana yabivuze mu ijambo yagejeje ku bapolisi bakuru bari barangije amasomo y’umwaka mu bikorwa byo kurinda umutekano no kuyobora bagenzi babo ku rwego rwa Ofisiye mukuru.

Iki gikorwa cyabereye mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda riri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze.

Minisitiri Gasana avuga ko kubera ko abantu muri bo habamo no gushyamirana, ngo ni ngombwa ko abashinzwe umutekano mu bantu bamenya ibikurura ayo makimbirane, uko bukumirwa ndetse no kumenya uko abakora ibyaha bakurikiranwa bakagezwa mu butabera, uwahemukiwe akiruhutsa.

Ati: “ Muri iki gihe cy’ikoranabuhanga no gusangizanya amakuru, gutahura, gukumira no kugenza ibyaha byafashe indi sura igoye. Bivuze ko kugira ngo amahoro yimakazwe mu bantu, ari ngombwa ko abashinzwe umutekano bamenya uko ibyaha bivuka, uko bikumirwa n’uburyo bwiza bo kubigenza.”

Yatanze urugero rw’ibyabaye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na nyuma yayo, avuga ko yabanjirijwe n’umuco wo kudahana, ukoze ibyaha akenshi ntabihanirwe ndetse n’uwo bimenyekanye ko abifite mu migambi bikirengagizwa kugeza abikoze.

Ku rundi ruhande, avuga ko bishimishije ko mu Rwanda rwa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, amahoro yiyubatse, Abanyarwanda bagasenyera umugozi umwe ngo bayabungabunge.

Minisitiri w’umutekano mu Rwanda Alfred Gasana yashimiye abapolisi bari bamaze umwaka mu Karere ka Musanze mu Ishuri rya Polisi ko bataciwe intege n’akazi kenshi bahuye nako, ahubwo bakomeje guhatana kugeza batsinze.

Hon.@GasanaAlfred : I commend the efforts of Rwanda National Police College to continue stand for its vision of “to be an International Centre of Excellence in Police Training and Development”. pic.twitter.com/2oYEft4qwx

— Ministry of Interior | Rwanda (@RwandaInterior) July 14, 2022

Umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police( CP) Mujiji Rafiki  nawe yashimye umuhati abanyeshuri 34 biganjemo Abanyarwanda bagize mu gukurikirana amasomo bahawe mu mwaka wose.

Yababwiye ko kuba Ofisiye mukuru bisaba gukomeza umutsi kuko ari akazi gakomeye ku mutekano w’abatuye igihugu kandi gasaba gufata ibyemezo.

Ku rundi ruhande ariko CP Mujiji avuga ko yizeye ko bazakomeza gushyira mu bikorwa ibyo bize kandi mu nyungu rusange z’abaturage.

Abanyeshuri bahawe impamyabumenyi kuri iyi nshuro ya 10 baturuka mu bihugu birindwi.

Ibyo ni Kenya, Malawi, Namibia, Somalia, Sudani y’Epfo, Tanzania na Zambia.

Mu bantu 34 bahawe impamyabumenyi, Abanyarwanda ari 22.

TAGGED:featuredGasanaMinisiiriMusanzePolisiUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abiga Saint André Basobanuriwe Uko Bakwitabara Mu Gihe Bagiye Guhohoterwa
Next Article Tshisekedi Yagishije Museveni Inama Y’Uko Yakwivana Mu Bibazo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?