Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Urubyiruko Mushya Yibukijwe Akamaro Ko Kwita Ku Muco Mu Bakiri Bato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri W’Urubyiruko Mushya Yibukijwe Akamaro Ko Kwita Ku Muco Mu Bakiri Bato

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2023 5:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye Minisitiri mushya w’urubyiruko Dr. Abdallah Utumatwishima wari umaze kurahirira inshingano nshya ko kwita ku muco w’abakiri bato ari ishingiro ry’ejo hazaza h’igihugu.

Umukuru w’igihugu yabwiye Mininisitiri w’urubyiruko ko inshingano agiyemo zo gufasha igihugu kuyobora urubyiruko ziremereye bityo ko akwiye kuzifatana uburemere bwazo.

Yagize ati: “Urubyiruko bivuze ko rukenerwa mu gihe kiri imbere kurushaho ariko bivuze ko ibyo bisaba guha umwanya uburere kugira ngo abana bakure neza kandi bazagire akamaro ejo hazaza. Byose  biterwa n’uburere wabahaye, imico wabatoje n’imyifatire ibaranga. Ibi rero mubyiteho cyane.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko kwiga no kugira ubumenyi ari byiza ariko bigira akamaro kurushaho iyo ubifite afite ubuzima bwiza kandi bigashingira no ku ndangagaciro zikenewe mu bantu.

Kagame yavuze ko umuco ukenerwa aho ariho hose cyane cyane iyo bigeze mu gukorera inyungu rusange z’igihugu.

Ati: “Minisitiri mushya nawe ukiri muri urwo rugero muri iyo myaka cyangwa se nibwo akiruvamo. Ndizera ko muzakora mushingiye ku bishya bigezweho ariko ntimuzibagirwe ku byo uburere butwigisha”.

Yibukije Minisitiri Dr Utumatwishima ko nta muntu ubaho ataranyuze mu myaka yo gutozwa umuco kandi ko abahanyuze mbere bafite byinshi bakwigisha abakiri bato.

Perezida Kagame yabwiye Minisitiri mushya w’urubyiruko ko nta rwego rukora rwonyine ahubwo mu nshingano z’ubuyobozi hazamo uburyo bwo gufashanya kugira ngo igihugu gitere imbere.

Taliki 24, Werurwe, 2023 nibwo Rosemary Mbabazi wari Minisitiri w’Urubyiruko guhera mu 2017 yasimbujwe Dr. Abdallah Utumatwishima

Utumatwishima yarangije muri Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka wa  2009.

Yabonye Masters mu bijyanye n’ubuvuzi rusange mu 2016 ayikuye muri Kaminuza ya Manchester Metropolitan.

Ni umuhanga mu kubaga.

Yakoze igihe imyaka ibiri mu bitaro bya Ruhengeri abaga abantu bafite ibibyimba bifata mu muhogo.

Abaye Minisitiri w’urubyiruko  avuye mu bitaro bya Rwamagana mu Ntara y’i Burasirazuba.

TAGGED:BurasirazubafeaturedIntaraKaminuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank( Rwanda) Plc Yishimira Inyungu Ya 22% Yagize Mu Mwaka Wa 2022
Next Article Kenya: Bisi Yahitanye Abantu 16 Barimo Abanyeshuri Ba Kaminuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?