Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Urubyiruko Mushya Yibukijwe Akamaro Ko Kwita Ku Muco Mu Bakiri Bato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri W’Urubyiruko Mushya Yibukijwe Akamaro Ko Kwita Ku Muco Mu Bakiri Bato

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2023 5:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye Minisitiri mushya w’urubyiruko Dr. Abdallah Utumatwishima wari umaze kurahirira inshingano nshya ko kwita ku muco w’abakiri bato ari ishingiro ry’ejo hazaza h’igihugu.

Umukuru w’igihugu yabwiye Mininisitiri w’urubyiruko ko inshingano agiyemo zo gufasha igihugu kuyobora urubyiruko ziremereye bityo ko akwiye kuzifatana uburemere bwazo.

Yagize ati: “Urubyiruko bivuze ko rukenerwa mu gihe kiri imbere kurushaho ariko bivuze ko ibyo bisaba guha umwanya uburere kugira ngo abana bakure neza kandi bazagire akamaro ejo hazaza. Byose  biterwa n’uburere wabahaye, imico wabatoje n’imyifatire ibaranga. Ibi rero mubyiteho cyane.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko kwiga no kugira ubumenyi ari byiza ariko bigira akamaro kurushaho iyo ubifite afite ubuzima bwiza kandi bigashingira no ku ndangagaciro zikenewe mu bantu.

Kagame yavuze ko umuco ukenerwa aho ariho hose cyane cyane iyo bigeze mu gukorera inyungu rusange z’igihugu.

Ati: “Minisitiri mushya nawe ukiri muri urwo rugero muri iyo myaka cyangwa se nibwo akiruvamo. Ndizera ko muzakora mushingiye ku bishya bigezweho ariko ntimuzibagirwe ku byo uburere butwigisha”.

Yibukije Minisitiri Dr Utumatwishima ko nta muntu ubaho ataranyuze mu myaka yo gutozwa umuco kandi ko abahanyuze mbere bafite byinshi bakwigisha abakiri bato.

Perezida Kagame yabwiye Minisitiri mushya w’urubyiruko ko nta rwego rukora rwonyine ahubwo mu nshingano z’ubuyobozi hazamo uburyo bwo gufashanya kugira ngo igihugu gitere imbere.

Taliki 24, Werurwe, 2023 nibwo Rosemary Mbabazi wari Minisitiri w’Urubyiruko guhera mu 2017 yasimbujwe Dr. Abdallah Utumatwishima

Utumatwishima yarangije muri Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka wa  2009.

Yabonye Masters mu bijyanye n’ubuvuzi rusange mu 2016 ayikuye muri Kaminuza ya Manchester Metropolitan.

Ni umuhanga mu kubaga.

Yakoze igihe imyaka ibiri mu bitaro bya Ruhengeri abaga abantu bafite ibibyimba bifata mu muhogo.

Abaye Minisitiri w’urubyiruko  avuye mu bitaro bya Rwamagana mu Ntara y’i Burasirazuba.

TAGGED:BurasirazubafeaturedIntaraKaminuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank( Rwanda) Plc Yishimira Inyungu Ya 22% Yagize Mu Mwaka Wa 2022
Next Article Kenya: Bisi Yahitanye Abantu 16 Barimo Abanyeshuri Ba Kaminuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?