Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisports Irashaka Kubaka Ibibuga 63
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Minisports Irashaka Kubaka Ibibuga 63

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2025 8:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Mukazayire aganira n'itangazamakuru( Ifoto@X Minisports)
SHARE

Guverinoma ibicishije muri Minisiteri ya Siporo irateganya ko mu cyiciro cya kabiri cya gahunda yiswe Isonga hazubakwa ibibuga 63 byo gukoreramo siporo z’ubwoko bwinshi.

Minisiri wa Siporo, Nelly Mukazayire niwe waraye utangaje iby’iyi gahunda, abikora ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Rwego Ngarambe, Umunyamabanga Uhoraho Uwayezu Jean-François Regis, Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda, Umulinga Alice n’abandi bayobozi b’Amashyirahamwe atandukanye.

Mu byasobanuwe na Uwayezu Jean-François Regis kuri uyu mushinga, yavuze hari kongewra ibikorwaremezo birimo ibibuga.

Yavuze ko hateganywa kubakwa ibibuga 63 bizafasha mu iterambere rya siporo u Rwanda rushaka kugeraho.

Ubwo yakiraga indahiro ye, Perezida Kagame yasabye Minisitiri wa Siporo kuzayibyaza umusaruro urenze ibitego byinjizwa n’amakipe yo mu Rwanda, ahubwo ikaba n’isoko y’amakoro.

Icyo gihe yagize ati: “Ibi tugerageza gukora muri siporo ni ukugira ngo siporo mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro. Ubu siporo ni ubukungu bushingiye ku mpano mu Banyarwanda cyangwa mu bandi ahandi. Iyo mpano rero hari uburyo icuruzwa, hari uburyo ivamo amikoro. Ni yo ntego yacu. Ni yo mpamvu hariho bimwe twashoboye gushyira mu buryo, kubaka ibikorwaremezo bifasha muri siporo kugira ngo Abanyarwanda benshi bagire uwo mwanya. Hari n’ibindi byinshi byagiye byubakwa no mu Turere n’ahandi bigenda byubakwa. Siporo rero ifite byinshi igeza ku bantu ariko harimo n’amikoro”.

U Rwanda rwashoye amafaranga menshi mu kubaka ibikorwaremezo bya siporo birimo ibinini nka BK Arena yubatswe ku gaciro ka Miliyoni $100 na Stade Amahoro yavuguruwe ku gaciro ka Miliyoni $160.

Hari ibindi bikorwa binini rushaka gushoramo kugira ngo uru rwego rukomeze kubera u Rwanda isoko y’ubukerarugendo bwa siporo, butuma rumenyekana bikarwinjiriza amikoro ngo rutere indi mu majyambere.

TAGGED:AmikorofeaturedIbibugaIterambereKagameMukazayireSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingamba WASAC Yafatiye Abatinda Kwishyura Amazi…
Next Article Uganda:Uwayoboye Ubutasi Bwa Gisirikare Yoherejwe Mu Burundi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?