Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Misiri Iri Guha Somalia Intwaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Misiri Iri Guha Somalia Intwaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 September 2024 11:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ubwato bw'intambara bwa Misiri
SHARE

Umwe mu ba dipolomate yatangaje ko mu mpera z’Icyumweru gishize hari ubwato bwa Misiri bwagejeje intwaro muri Somalia mu rwego kubakira iki gihugu ubushobozi mu bya gisirikare.

Ni igikorwa kiri mu mugambi mugari wa Misiri wo guhangana na Ethiopia, igihugu bihora mu makimbirane bipfa guharanira kugira ijambo mu karere no gukoresha amazi ya Nili ku kigero kinini.

Muri Kanama, 2024 Cairo yasinyanye na Mogadishu amasezerano yo gufatanya mu bya gisirikare, ayo akaba ari yo ashingirwaho Misiri yoherereza Somalia intwaro.

Ku ruhande rwa Ethiopia, nayo iherutse gusinyana amasezerano n’Intara ya Somaliland, iyemerera ko izajya iyifata nk’’igihugu kigenga hanyuma Somaliland igaha Ethiopia ubutaka izubakaho icyambu.

Misiri yahise yamagana ayo masezerano ivuga ko adahuje n’ibisanzwe biranga imikoranire hagati y’ibihugu bifite ubwigenge bwemewe muri UN.

Ku Cyumweru gishize no ku wa Mbere w’iki kiri kurangira nibwo ingabo za Misiri zagejeje ku cyambu cya Somalia intwaro nyinshi zazanywe n’ubwato.

Umwe mu bakozi mu Biro bya Minisitiri w’Intebe wa Somalia witwa Nasra Bashir Ali yemereye Reuters ko ibyo byabaye ndetse ashyira n’ifoto ye kuri X ahagaze yitegereza uko izo ntwaro zipakururwa.

Hagati aho kandi ubutegetsi bwa Misiri buherutse kuburira abaturage bayo baba muri Somalia ko bakwiye kuzibukira kujya muri Somaliland kuko hashobora kubateza akaga.

TAGGED:EthiopiafeaturedIntambaraIntwaroMisiriSomaliaUbwato
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CLADHO Igira Abantu Inama Yo Kwirinda Gusambanya Abana
Next Article Nyanza: Abaganga Batanze Ubuhamya Mu Rubanza Ruregwamo Abapolisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?