Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Misiri, Somalia Na Eritrea Byihuje Ngo Bibangamire Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Misiri, Somalia Na Eritrea Byihuje Ngo Bibangamire Ethiopia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2024 10:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abategetsi ba Misiri, Somalia na Eritrea – ibihugu ubu bifitanye amakimbirane na Ethiopia – bamaze iminsi mu nama i Asmara muri Eritrea, aho biyemeje gukorana mu kubangamira inyungu za Ethiopia.

Mu itangazo ibi bihugu byasohoye, harimo ko ibihugu bikwiye kubahiriza ubusugire  n’imbibi z’ibihugu byo mu Karere.

Iri huriro risohoye iri tangazo nyuma y’uko Ethiopia iherutse gutangaza ko igiye gukorana na Somaliland, agace ka Somalia, ikabikora igamije ko aka gace kayiha uburenganzira bwo kugira icyambu ku Nyanja y’Abahinde bituranye.

Aho Somalia iboneye ko itabanye neza na Ethiopia, yahisemo kwiyegereza Misiri.

Misiri na Ethiopia kandi bisanzwe ari ibihangange muri Afurika kandi bikagirana ikibazo gishingiye ku mikoreshereze y’uruzi rwa Nili aho Misiri ishinja Ethiopia kuyicura ayo mazi kandi ari yo iyakeneye cyane.

Ni ibyemezwa n’ubutegetsi bw’i Cairo.

Ukwihuza hagati ya Misiri, Somalia na Eritrea ni ikibazo kuri Ethiopia nk’uko intiti yitwa Hassab Khannenje yabibwiye BBC.

Yagize ati: “Iri ni ihuriro rirwanya [Ethiopia] Addis Ababa…Ntekereza ko ari ukugerageza guhuza urwango mu gushaka gushyira igitutu kuri Ethiopia”.

Daud Aweis ushinzwe  Minisiteri y’Itumanaho wa Somalia ibi arabihakana, akavuga ko iyo nama yari igamije gusa gukomeza ubufatanye hagati y’ibi bihugu bitatu.

Yabwiye BBC ati: “Nta mugambi dufite wo kurwanya Addis Ababa”.

Yemeza ko Ethiopia ari umuturanyi [wacu twakoranye igihe kirekire], nubwo nyuma ubutegetsi bwabo bwazanye ikintu cyo guhungabanya akarere.

Ifoto yatangajwe na Eritrea yo muri iyi nama yerekanye Perezida Isaias Afwerki afatanye ibiganza na bagenzi be Abdul Fattah al-Sisi wa Misiri na Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia.

Mu itangazo ryasohowe nyuma y’iriya nama, rivuga ko aba bagabo batatu bemeranyijwe… gukomeza inzego z’ubutegetsi za Somalia ngo zihangane n’ibibazo by’imbere no hanze, no gufasha igisirikare cya Somalia guhangana n’iterabwoba ry’ubwoko bwose.

Iyi yari inshuro ya mbere Perezida Sisi asuye Asmara, mu gihe Perezida wa Somalia we ari inshuro ya gatatu agiyeyo muri uyu mwaka.

Muri iki gihe, umubano wa Ethiopia na Somalia ni mubi ariko siko byahoze.

Mu gihe kinini cyatambutse, Ethiopia yafashaga Leta y’i Mogadishu kurwana n’inyeshyamba za al-Shabab.

Icyakora mu ntangiriro z’uyu mwaka, ibintu byaje guhinduka ubwo Ethiopia yasinyaga amasezerano y’ibanze n’akarere ka Somaliland katangaje ko ari leta yigenga.

Ni ikintu cyarakaje Somalia kuko ifata Somaliland nk’akarere kayo.

Hagati aho, Addis Ababa na Cairo byo bimaze imyaka irenga 10 birebana nabi kuko Ethiopia yubatse urugomero rutura rw’amashanyarazi ku ruzi rwa Nile mu burengerazuba bwa Ethiopia.

Mu kwezi gushize(Nzeri), ubwato bwa Misiri bwajyanye intwaro nyinshi muri Somalia.

Byabaye nyuma y’uko indege za gisirikare za Misiri muri Kanama na zo zajyanye izindi ntwaro n’amasasu muri Somalia.

Mu 2018, habaye kwizera ko amakimbirane y’igihe kirekire hagati ya Ethiopia na Eritrea arangiye, nyuma y’intambara y’umupaka yari yarabaye mu myaka 20 yari ishize.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed wa Ethiopia yasinye amasezerano yo “gutangaza amahoro n’ubucuti” na Eritrea.

Ayo masezerano yatumye abona igihembo cy’amahoro kitiriwe Nobel mu mwaka wa 2019.

Ariko imibanire y’ibi bihugu yongeye kuzamo ibibazo nyuma y’intambara y’imbere muri Ethiopia mu karere ka Tigray gahana imbibi na Eritrea.

Muri iyi ntambara, Asmara yafashije leta ya Ethiopia ariko ntiyashishikajwe n’amasezerano yo kurangiza imirwano yo mu Ugushyingo(11) 2022.

Umubano waje kumera nabi kurushaho umwaka ushize(2023) ubwo Abiy yatangazaga ko igihugu cye gishaka uko cyagera ku cyambu ku nyanja itukura.

TAGGED:EthiopiafeaturedIntambaraInyanjaMisiriSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyayi Cy’u Rwanda Kiri Kugabanuka Mu Musaruro
Next Article Dr. Joseph Karemera Wabaye Ambasaderi Na Minisitiri Yatabarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?