Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss Aurore Yibagiwe Ko i Kigali Haba Abajura Bamwiba $10,000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Miss Aurore Yibagiwe Ko i Kigali Haba Abajura Bamwiba $10,000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2022 4:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Aurore Kayibanda Mutesi wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2012 aherutse gukora ikosa umuntu adashobora gutekereza ko ryakorwa n’umukobwa nkawe! Yasize $10,000 mu modoka arakinga arigendera aza kubyibuka bukeye bw’aho[hari Taliki 19, Nzeri, 2022] amafaranga yibwe kare!

Yatanze ikirego nyuma y’iminsi ibiri, abayibye bafatwa taliki 25, Nzeri, 2022.

Iperereza rya Taarifa ryamenye ko uyu mukobwa yari yibagiwe ko yasize ariya mafaranga angana na Miliyoni 10 Frw mu modoka ayibuka impitagihe, benengango barayatwaye.

Abayatwaye baruhukiye Nyabugogo batangira kuvunjisha no kuyasogongera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu rwego rwo kwanga ko bazafatirwa hafi y’aho bakoreye icyaha, bagiye gushinga akabari  ahitwa Mubuga mu Karere ka Karongi.

Aho Miss Mutesi Kayibanda atangiye ikirego, ni ukuvuga nyuma y’iminsi ine bibaye, ubugenzacyaha batangiye gukurikirana icyo kibazo buza gufata abo bantu bubasangana $8,000 ni ukuvuga Miliyoni Frw 8 ndetse n’andi Frw 350,700.

Ayo yaragarujwe.

Ubugenzacyaha buvuga ko abafashwe ari uwitwa Antoine Sibonama wari usanzwe ari umukozi wo mu rugo.

Uyu niwe wabonye amafaranga Miss Aurore yari yaraje mu modoka ye, ayabona mu gitondo agiye kuyoza ahita ayacikana.

- Advertisement -

Ubwo bujura bwabereye mu Mudugudu wa Rugunga, Akagari ka Muyange, Umurenge wa Kagarama, mu Karere ka Kicukiro.

Burya umujura ni uwafashwe…

Ubusanzwe amategeko ahana agendeye ku bimenyetso. Ibyo bimenyetso biboneka nanone ari uko hari runaka wafashwe akekwaho icyaha.

Iyo uwibye atafashwe, icyo gihe ntawamwita umujura kuko ntawe uba wamufashe.

Iyi niyo mpamvu abagenzacyaha basaba Abanyarwanda kumenya ko ibintu byabo by’agaciro atari ibyo kwandarika ngo ni uko u Rwanda rufite umutekano rukagira n’abazi guperereza.

Ibibazo abagenzacyaha bagenza ni byinshi ariko abaturage bagombye kumenya ko n’ubwo uwibye afatwa, akenshi abonwa hari ibyo yangije cyangwa yagabanye n’abandi.

Dr Thierry B. Murangira usanzwe ari umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha avuga ko RIB itaje gukuraho inshingano buri wese afite zo kurinda ibye mbere na mbere.

Ati: “RIB irasaba abaturarwanda bose kugira amakenga no kurushaho gucunga ibintu byabo neza.  N’ubwo u Rwanda rufite umutekano uhagije, rufite inzego z’umutekano n’ubugenzacyaha zikora kandi zifite ubushobozi, ntibikuraho inshingano za buri muturage zo kutandarika no gucunga umutungo we neza.”

Dr. Thierry B. Murangira avuga ko abantu bafite inshingano yo gucungira umutekano umutungo wabo

Mu masomo abagenza ibyaha biga, harimo iryigisha ibitera ibyaha n’uburyo bwo kubikumira.

Hari iryo bita crime of opportunity, ugenekereje mu Kinyarwanda ukaba wabyita ko ari ‘icyaha cyahawe icyuho.’

Bisa n’aho iki cyuho ari cyo cyatumye umukozi wo mu rugo aho Aurore Mutesi  Kayibanda yari yaraje imodoka amwiba amafaranga bishoboka ko atari buzatunge mu buzima bwe!

Gushyira amafaranga menshi mu ikofi ukayagendana ni ukuba ‘bizengarame’

Ni icyaha gikorwa nta kugitegura kubayeho. Ni nk’uko umuntu yakwandurura ibyandaritse.

Ubusanzwe ibyaha byinshi birategurwa ariko ibikozwe kubera icyuho, byo bikorwa bitatekerejweho.

Birangwa n’ibintu bine ari byo:Uburangare, Kwandarika, Ubuteganye bucye ndetse Ububuraburyo.

K’ubw’izo mpamvu, ubugenzacyaha bw’u Rwanda busaba abantu kwirinda uburangare no kwandarika ibyabo.

Hari amakuru avuga ko ku munsi hibwa telefoni ziri hagati 15 na 20 ndetse na mudasobwa zigendanwa zigera cyangwa zirenga gato eshanu buri munsi.

Bamubariye ayo bagaruje barayamusubiza

Akenshi  ubu bujura buba bwatewe n’impamvu zavuzwe haruguru kandi zishobora kwirindwa.

Usanga zibwe mu modoka, mu bukwe, mu rusengero, mu maduka, no mu tubari.

Yasinyiye ko ayabonye

Abajura nabo baraburirwa…

Urwego rw’ubugenzacyaha ruvuga ko ukoma urusyo aba agomba no gukoma ingasire.

N’ubwo abantu bafite ibikoresho by’agaciro bagomba kuba maso, ni ngombwa ko n’abafite akaboko karekare babwirwa ko amaso, amatwi n’amaguru by’abagenzacyaha bifite imbaraga mu buryo bwose.

Ubugenzacyaha buvuga ko abakora ubwo bujura bagombye kubuzibukira kuko mu Rwanda hari ibintu bikorwa bigoranye kandi ababikoze nabwo bakazafatwa.

Abakurikiranyweho kwiba Miss Aurore Kayibanda Mutesi barafunzwe , amadosiya yabo akaba ari gukorwa ngo bazashyikirizwe ubushinjacyaha.

Mutesi yashimye ubugenzacyaha bwamufashije kubona amafaranga ye n’ubwo hari amwe yari yaramaze kuribwa.

TAGGED:AmadolariKarongiMissMurangiraMutesiRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Apôtre Mutabazi Yasohowe Mu Nzu Yari Afitiye Umwenda Wa Frw 420,000
Next Article Abanyarwanda Bazi Ikoranabuhanga Bagiye Guhatanira $60,000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Karongi: Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batemanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abakozi B’Ikigo Cya Mine Bafunzwe Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?