Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss Rwanda Mu Irushanwa Rya Miss World Ati: “ Hari Ibyo Nshaka Ko Bihinduka Ku Isi”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Miss Rwanda Mu Irushanwa Rya Miss World Ati: “ Hari Ibyo Nshaka Ko Bihinduka Ku Isi”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2021 12:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Grace Ingabire uhagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Miss World riri kubera muri Puerto Rico yavuze ko hari ibyo abona bikwiye guhinduka mu isi.

Avuga ko muri byo hari ibituma atagoheka kandi ko yifuza ko byacyemuka Isi ikarushaho kuba nziza.

Kuri we ngo bumwe mu buryo abona ibibazo biri mu isi byavugwamo kugira ngo ababishinzwe babimenye kandi babicyemure, ari ukubinyuza mu ikinamico, umuntu akavuga amateka ye, ibyamubayeho.

Ingabire ati: “ Ubu ni uburyo bushobora gutuma abantu bamenya ibibera ku isi bitajya bivugwa kandi rwose ibyo bintu biba bifite uburyo bwakemurwamo kandi abantu bashobora no kubivuga binyuze mu buhanzi.”

Ikindi Miss Rwanda avuga cyatuma ibibera mu isi bibi bihinduka kandi bikagira akamaro karambye ni ‘uburezi budaheza.’

Yabwiye abakemurampaka ko uburezi budaheza nabwo ari uburyo bwiza bwo gutuma abantu bakura bifitiye icyizere kandi bishakamo ibisubizo.

Avuga ko gushyiraho Politiki y’uburezi budaheza, biha abantu bose amahirwe yo kwiga ndetse n’abafite ubumuga hamwe n’abakobwa bakabyungukiramo.

Asanga muri iki gihe hari aho usanga za Leta zarashyizeho Politiki zifasha kwiga abasanzwe bifashije bigatuma hari abandi bahezwa, ntibamenye aho isi igana kandi nabo bayituyemo.

Miss Ingabire avuga ko ibi bidakwiye, ko hagombye gushyirwaho uburezi bufasha buri wese kwiga, ubundi bikazamwinanirira ariko yarahawe amahirwe.

Amazi kuri bose…

Nyampinga w’u Rwanda avuga ko aramutse atorewe kuba Miss World yagira uruhare ‘rufatika’ mu gutuma amazi agezwa hose.

Ati: “ Ibi ndabibabwira kuko naje nturuka mu gihugu kikiri mu nzira y’amajyambere, igihugu kigifite abaturage badafite amazi meza n’abandi bafite amazi adahagije.”

Ikindi avuga ko azashyiramo imbaraga ni ukuzamura uburyo abantu bakoresha ikoranabuhanga bukarushaho kuba bwiza, aho kuba impamvu y’ubwomanzi, ubujura n’ubucakura.

Umwe mu bacyemurampaka yamushimiye ko atekereza uko yazamura uburezi bw’abana muri rusange n’abo mu gihugu cye by’umwihariko.

Ati: “ Ibyo nabikunze”.

Ingabire ari mu irushanwa rya Miss World riri kubera muri Puerto Rico.

Ryahuje abakobwa batwaye amakamba y’ubwiza mu bihugu byabo mu mwaka wa 2018 na 2019.

Muri iki gihe Ikamba rya Miss World  rifitwe na Toni-Ann Singh ukomoka muri Jamaica.

Ann Singh ni umukobwa wa kane ukomoka muri Jamaica wegukanye ririya kamba ndetse ni nawe wagize amahirwe yo kurimarana igihe kuko arifite guhera mu mwaka wa 2019.

Miss Rwanda Grace Ingabire avuga u Rwanda:

 

TAGGED:featuredIngabireIrushanwaMissRwandaUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyungu Ya I&M Bank Rwanda Yazamutseho 46% Mu Mezi Icyenda
Next Article Amafoto: Umunsi Mpuzamahanga W’Abafite Ubumuga Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?