Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss Sonia Roland Ari Gukorwaho Iperereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Miss Sonia Roland Ari Gukorwaho Iperereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2022 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sonia Roland wabaye Miss France mu mwaka wa 2000 ari gukorwaho iperereza kubera ibyo ashinjwa byo ‘kwigwizaho’ umutungo mu buryo budakurikije amategeko. Ikinyamakuru kitwa Le Parisien gikorera mu Bufaransa kivuga ko inzu Sonia akekwaho kubona mu buryo budakurikije amategeko yayihawe n’uwahoze ari Perezida wa Gabon witwa Omar Bongo.

Kubera ko ubutabera bw’u Bufaransa buvuga ko Omar Bongo hari amafaranga yabonye mu buryo budakurikije amategeko akayakoresha mu kubaka inzu yahaye  Miss Sonia Roland, abagenzacyaha bavuga ko Sonia nawe hari ibyo agomba gutangaho ibisobanuro.

Ni inzu Omar Bongo yahaye Sonia Roland mu mwaka wa 2003, ikaba iherereye mu Murwa mukuru w’u Bufaransa ahitwa  XVIe arrondissement.

Bivugwa ko Omar Bongo yahaye inzu Sonia Roland kandi iyo nzu iri mu bibazo

Sonia Roland akurikiranyweho kwakira indonke zitabonetse binyuze mu nzira nziza, bityo akaba akekwaho kugira uruhare mu inyerezwa ry’umutungo wa rubanda.

Le Parisien yanditse ko byose byatangiye nyuma gato y’uko Miss Sonia Roland atsindiye kuba Miss w’u Bufaransa.

Yahise yamamara cyane ndetse aza no kumenyena n’abo mu muryango wa Perezida Omar Bongo(ubu yarapfuye).

Icyo gihe gahunda yari ihari iyo kureba uko muri Gabon hazatangizwa gahunda yo gutora Miss Gabon.

Umugore wa Omar Bongo niwe wamusezeranyje ko hari impano azahabwa ibintu nibicamo.

Bidatinze Sonia yumvise Noteri amuhamagaye, amubwira ko hari impano yahawe kandi ko iyo mpano ari inzu.

Ubwo yabazwaga na Polisi y’i Paris, Sonia Roland yayisubije ko atakwirira abeshya avuga ko azi uburyo iriya nzu yabonetsemo, gusa ngo icyo azi ni uko yayihawe nk’impano.

Abazwa na Polisi hari muri Mutarama, 2022.

Umwunganira mu mategeko witwa Me Morel yabwiye Le Parisien ko umukiliya we ‘mu by’ukuri’ atazi uko iriya nzu yabonetse bityo ko kubimubaza cyangwa kubimukurikiranaho byaba ari ukumurenganya.

Ubushinjacyaha bwo ntibwemeranya n’uwunganira Miss Sonia Roland ahubwo buvuga ko muri kiriya gihe yari mukuru bihagije(yari afite imyaka 22 y’amavuko).

https://www.leparisien.fr/faits-divers/biens-mal-acquis-lex-miss-france-sonia-rolland-mise-en-examen-pour-un-appartement-offert-par-omar-bongo-31-05-2022-X3E43FT2RNDQ5KAV2I74UPV2NQ.php#xtor=AD-1481423553

TAGGED:BufaransafeaturedMissParisRolandSonia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bakiri Bato Bari Kwiyongera Mu Kurwara Impyiko
Next Article Sen Niyomugabo Asanga Hari Abakozi Ba RSSB Bakwiye Kujyanwa Mu Itorero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?