Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss Sonia Rolland ‘Yahaye’ Messi Ikaze Muri Visit Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Miss Sonia Rolland ‘Yahaye’ Messi Ikaze Muri Visit Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2021 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe habura igihe gito ngo rutahizamu uri mu bakinnyi bakomeye kurusha abandi ku isi witwa Lionel Messi yerekwe abafana b’Ikipe Paris Saint-Gèrmain yo mu Bufaransa, umukinnyi wa Filimi akaba yarigeze no kuba Miss w’u Bufaransa Sonia Rolland yasabye abafana b’iriya kipe gutangira gusura u Rwanda mu gihe bagitegereje Lionel.

Kuri Twitter Sonia Rolland uvuka ku babyeyi barimo Umunyarwanda yanditse ati: “ Mu gihe tugitegereje ko Messi agera inaha bakamutwereka, mureke tube dusura u Rwanda.”

Ikipe Paris Saint-Gèrmain Lionel Messi agiye gutangira gukinira, isanzwe ifitanye amasezerano na Leta y’u Rwanda y’uko abakinnyi bayo bagomba kwambara imyenda yanditseho ‘ Visit Rwanda’ mu rwego rwo kurukururira ba mukerarugendo, narwo rukayishyura.

Sonia Roland ati: ” Musure u Rwanda”

Ni uburyo bwo kurushaho gukurura abanyamahanga ngo basure u Rwanda mu rwego rwo kuzamura urwego rwarwo rw’ubukerarugendo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uru rwego rufatiye runini ubukungu bw’u Rwanda.

Ni Miss, akaba umukinnyi wa Filimi akaba n’Umunyarwandakazi

Si Paris Saint-Gèrmain gusa u Rwanda rufitanye nayo amasezerano ya Visit Rwanda, ahubwo ruyafitanye n’indi kipe yo mu Bwongereza yitwa Arsenal.

FC Barcelona ntizibagirwa Messi

Messi yatangiye gukinira iyi kipe akiri muto. Mu myaka 34 amaze avutse, muri yo imyaka 21 yayimaze akinira FC Barcelona.

Ejo bundi nibwo yatunguwe kandi ababazwa cyane no kumva ko atazahabwa andi masezerano yo gukomeza gukinira Barca.

- Advertisement -

Mu kiganiro aherutse guha abanyamakuru, yavuze ko yashenguwe no kumenya ko atazemererwa gusinya andi masezerano asimbura ayarangiye ku wa 30 Kamena, 2021.

Ku wa Kane FC Barcelona yemeje ko uyu mugabo wegukanye Ballons d’Or esheshatu atazongererwa amasezerano kubera amabwiriza mashya ya Shampiyona ya Espagne (La Liga.)

Aya makuru Messi yayamenyeye mu ndege  ava mu biruhuko muri California yerekeza muri Espagne.

Hari nyuma yo kwegukana igikombe cya Copa America hamwe n’ikipe y’igihugu ya Argentine.

Byateganywaga ko azasinya amasezerano y’imyaka ine, ariko umushahara we ukagabanywaho 50%. Ibi kandi yari yarabyemeye.

Gusa kubera amategeko ya Shampiyona yo muri Espagne, FC Barcelona yaje kumenyeshwa ko idashobora kwandikisha umukinnyi ku masezerano nk’aya Messi, bijyanye n’ibibazo by’ubukungu irimo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru Messi yagize ati “Uyu mwaka, umuryango wanjye nanjye ubwanjye twari tumaze kwiyumvisha ko tuzaguma mu rugo, nibyo buri wese yifuzaga kurusha ibindi.Twahoraga tubyiyumvisha, twari mu rugo. Twatekerezaga ko tuzaguma muri Barcelona. Ariko uyu munsi ni igihe cyo gusezera ku bw’ibyo byose.”

Yavuze ko yakoze ibishoboka byose ngo agume muri iyi kipe kimwe na Perezida wayo Juan Laporta, ariko ntibyagenda neza kubera amategeko ya La Liga ajyanye no gukoresha umutungo w’ikipe bijyanye n’icyo yinjije.

Yavuze ko mu mwaka ushize yashatse gusohoka muri iyi kipe ntibikunde, muri uyu mwaka yifuza kuhaguma birangira agiye.

Hari amakuru ko iriya Kipe yo mu Bufaransa ishaka kumuha amasezerano y’imyaka ibiri kuri miliyoni £25 nyuma yo kwishyura imisoro.

Hashobora kuzongerwaho undi mwaka.

Messi yakiniye Barcelona imikino 778 guhera mu mwaka wa 2003, atsindamo ibitego 672, atangamo imipira 305 yavuyemo ibitego.

Yegukanye ibikombe 31.

Messi ubu ari muri PSG akazajya akina yambaye No 30
Yahawe umwambaro wa Visit Rwanda
Agiye gukinira Paris Saint Germain mu myaka ibiri iri imbere
TAGGED:FC BarcelonafeaturedMessiParisRwandaSonia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwakiriye Amacupa Aha Umwuka Abarwayi Ya Miliyoni Zisaga 110 Frw
Next Article CP Bizimungu Uyobora Polisi Ya UN Yasuye Abapolisi B’U Rwanda Muri Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?